{"id":8007,"date":"2018-03-31T13:19:53","date_gmt":"2018-03-31T13:19:53","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=8007"},"modified":"2018-03-31T13:19:53","modified_gmt":"2018-03-31T13:19:53","slug":"usa-trump-yaba-agiye-guhagarika-u-rwanda-muri-agoa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2018\/03\/31\/usa-trump-yaba-agiye-guhagarika-u-rwanda-muri-agoa\/","title":{"rendered":"USA: Trump Yaba Agiye Guhagarika u Rwanda Muri AGOA"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\">Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z&#8217;Amerika yatangaje ko mu gihe cy\u2019amezi abiri atarenga u Rwanda ruzahagarikwa mu masezerano y\u2019ubufatanye mu bucuruzi azwi nka<em> \u201cAGOA (American Growth and Opportunities Act).<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ayo masezerano yorohereza ibihugu bikennye kugurisha ibicuruzwa byabyo bimwe na bimwe ku isoko rya America bidasoze.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu rwandiko Ijwi ry\u2019Amerika rifitiye kopi yandikiye abakuru b\u2019imitwe yombi y\u2019inteko ishinga amategeko, perezida Trump avuga ko u Rwanda rukomeje gushyiraho amananiza ku bicuruzwa birimo imyambaro ituruka muri Amerika; rutitaye ku mbaraga Amerika ikoresha mu gushakira umuti iki kibazo.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Perezida Trump asanga u Rwanda rutagaragaza ubushake mu kuvanaho inzitizi ku bucuruzi n&#8217;ishoramari by&#8217;Amerika nk&#8217;uko bikubiye mu gika cy&#8217;104 cy&#8217;amasezerano ya AGOA.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Icyakora iri tangazo rivuga ko guhagarika by&#8217;agateganyo ibicuruzwa by&#8217;u Rwanda kuri iri soko ari byo bikwiye kurusha kuruvanamo burundu kuko byerekana umuhati wa Leta zunze ubumwe z&#8217;Amerika n&#8217;u Rwanda mu gukemura ibi bibazo.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Rivuga ko nubwo guverinema y&#8217;u Rwanda itarakemura ibibazo byose, ariko rwerekana ubushake bwo kuvanaho inzitizi.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Perezida Trump avuga ko azakomeza kugenzura niba guverinema y&#8217;u Rwanda itera intambwe iganisha ku kuvanaho inzitizi zose ku bucuruzi n&#8217;ishoramari by&#8217;Amerika hakurikijwe amasezerano ya AGOA no kureba ko icyemezo rwafatiwe cyarusunikira kubyubahiriza.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu mwaka ushize, Perezida w&#8217;u Rwanda Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukumira caguwa nubwo Amerika yavugaga ko izavugurura amaseserano ya AGOA ku bihugu by&#8217;u Rwanda, Uganda na Tanzania.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Icyo gihe yabwiye itangazamakuru ry&#8217;imbere mu gihugu ko bazahitamo guteza imbere inganda zikora imyenda aho kwemera ibisabwa n&#8217;amaseserano ya AGOA.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">&#8220;Iki ni icyemezo dukwiye gufata. Uko njye mbibona, gufata iki cyemezo biroroshye, tuzihanganira ingaruka. N&#8217;iyo bidusaba gufata icyemezo cy&#8217;ingorabahizi, haba hari uburyo.&#8221; Ni bimwe mu byo yatangaje akimara gutangaza ko aziyamamariza manda ya gatatu.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yaranavuze ati &#8220;u Rwanda n&#8217;ibindi gihugu birebwa n&#8217;amasezerano ya AGOA bifite ibindi byo gukora birimo gushinga inganda zacu.&#8221;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z&#8217;Amerika yatangaje ko mu gihe cy\u2019amezi abiri atarenga u Rwanda ruzahagarikwa mu masezerano y\u2019ubufatanye mu bucuruzi azwi nka \u201cAGOA (American Growth and Opportunities Act).<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":8008,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[1],"tags":[],"class_list":["post-8007","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-uncategorized"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/8007","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=8007"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/8007\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":8009,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/8007\/revisions\/8009"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/8008"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=8007"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=8007"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=8007"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}