{"id":7879,"date":"2018-03-12T14:36:10","date_gmt":"2018-03-12T14:36:10","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=7879"},"modified":"2018-03-12T15:04:17","modified_gmt":"2018-03-12T15:04:17","slug":"uguhiga-ubutwali-muratabarananimuhame-hamwe-mureke-kuvugishwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2018\/03\/12\/uguhiga-ubutwali-muratabarananimuhame-hamwe-mureke-kuvugishwa\/","title":{"rendered":"Uguhiga ubutwali muratabarana,nimuhame hamwe mureke kuvugishwa!"},"content":{"rendered":"<h5 class=\"entry-title post-title\" style=\"text-align: justify;\">\u201cKuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo\u201d \u2013 Impamvu Andrew Mwenda atanga<\/h5>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ngo iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura niwe wabigenderagamo bitewe n\u2019inkomoko ye nk\u2019uko yabihishuriye inshuti ubwo hongeraga kuvugwa umwuka mubi hagati y\u2019ibihugu byombi.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Umunyamakuru uzwi cyane mu gihugu cya Uganda no mu karere, Andrew Mwenda aravuga ko ishyaka riri ku butegetsi NRM, vuba rizicuza kuva ku buyobozi bw\u2019igipolisi kwa Gen. Kale Kayihura wasimbujwe kuwa 04 Werurwe uwitwa Okoth Ochola wari umwungirije.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu nkuru y\u2019ikinyamakuru cye, The Independent, ifite umutwe ugira uti: \u201cImpamvu kwirukana IGP bifitanye isano cyane n\u2019umubano hagati ya Kampala na Kigali, aho kuba ibyaha muri Uganda\u201d, Andrew Mwenda yavuze ko mu gihe cye ayoboye polisi, Gen Kale Kayihura yagize uruhare rukomeye mu gutuma iri shyaka rya NRM rimara igihe ku butegetsi.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ngo aho kugirango Kayihura akoreshe igipolisi mu guhagarika imyigaragambyo yamaganaga guverinoma, we yakoreshaga abantu bamunzwe na ruswa mu batavuga rumwe n\u2019ubutegetsi akajya amenya icyo bateganya gukora mbere y\u2019uko bagikora.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mwenda avuga ko kayihura yari yaracengeye mu birindiro by\u2019abatavuga ruumwe n\u2019ubutegetsi ndetse agaha ruswa abayobozi babo kugirango bahindure uruhare cyangwa bemere kujya bamuha amakuru. Mwenda ati: \u201cNta myigaragambyo yashoboraga kuba Kayihura atabizi.\u201d \u00a0Yongeyeho ko Kampala yari ifite umutekano kubera Kayihura yumvaga neza politiki ihakinirwa.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><strong>U Rwanda na Uganda<\/strong><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Nk\u2019uko umutwe w\u2019iyi nkuru ya The Independent uvuga, Andrew Mwenda avuga ko kwirukana Gen. Kale Kayihura ku buyobozi bw\u2019igipolisi, bishobora kuba ahanini byaratewe n\u2019umwuka mubi umaze iminsi uvugwa hagati ya Kampala na Kigali.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ngo hamaze iminsi hari inkuru zivuga ko hari abantu bashinzwe umutekano begereye Gen. kayihura bajyaga baha amakuru ibihugu by\u2019amahanga birimo n\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu mpera za 2017, abapolisi bakuru batanu begereye Kayihura bakaba baratawe muri yombi n\u2019urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO) ndetse n\u2019urwego rw\u2019ubutasi mu gisirikare (CMI), bazira gusubiza mu Rwanda, Lt. Joel Mutabazi, wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda perezida Kagame.<\/p>\n<div style=\"text-align: justify;\">\u00a0Bikaba bivugwa ko Lt Mutabazi yashimutiwe I Kampala mu 2013 agashyikirizwa guverinoma y\u2019u Rwanda, aho nyuma yaje gukatirwa igifungo cya burundu. Muri Uganda akaba yarahabaga nk\u2019impunzi.<\/div>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ngo mu gukoresha abasirikare mu guta muri yombi aba bantu, abakurikirannira hafi ibintu, bavuga ko byagaragaje icyizere gicye perezida Museveni yari afitiye igipolisi, nk\u2019uko byagaragaye, umuyobozi wacyo.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Inkuru ya Mwenda ikaba yarashingiye kuri ibi nubwo anavuga ko Kayihura ashobora kuba arimo kwishyura igiciro cy\u2019ubwoko.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mwenda ati: \u201cUbwo amakimbirane hagati ya Kampala na Kigali yatangiraga, Kayihura yahishuriye inshuti ko iyo Uganda n\u2019u Rwanda birwanye, yishyura igiciro. Kuba akomoka mu bwoko bw\u2019Abanyarwanda, uruhande rwa Uganda rumushinja kuba intasi mu gihe uruhande rw\u2019u Rwanda rumubona nk\u2019umugambanyi. Isoko y\u2019amakuru yizewe yambwiye ko Museveni yumvishijwe n\u2019izindi nzego z\u2019ubutasi ko Kayihura yemereye u Rwanda gukoresha Igipolisi cya Uganda mu gukora ibikorwa byabo imbere mu gihugu.\u201d<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Naho ngo ku ruhande rw\u2019u Rwanda, ngo rukaba rwari rwemereye kayihura kumufasha gukoresha igipolisi mu kubaka umusingi wa politiki yari kuzifashisha mu nzozi ze zo kuba perezida.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Iyi nkuru ikaba ikomeza ivuga ko mu mpera z\u2019ubuyobozi bwe, Kayihura yavuzweho kuba yaragaragazaga inyota yo kuba perezida abishyigikiwemo na Guverinoma y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ibi ariko uruhande rw\u2019u Rwanda rukaba rwarabihakanye binyuze kuri Ambasaderi Frank Mugambage wabiteye utwatsi avuga ko nta shingiro ibyo byavugwaga bifite abaza impamvu u Rwanda rwaba rurajwe inshinga n\u2019uzasimbura perezida Museveni ashimangira ko ibyo ari ibibazo bya Uganda.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><img decoding=\"async\" class=\"img_appear\" src=\"http:\/\/chimpreports.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/MUGAMBAGE.jpg\" alt=\"R\u00e9sultat de recherche d'images pour &quot;Frank Mugambage&quot;\" \/><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ambasaderi Frank Mugambage<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko icyo u Rwanda rureba ari iterambere ryarwo kandi ruzakomeza gukorana n\u2019abaturanyi mu kugera ku ntego zihuriweho mu bijyanye n\u2019umutekano n\u2019iterambere ry\u2019ibikorwaremezo.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Indi mpamvu Mwenda avuga yaba yaratumye perezida Museveni akura ku mirimo ye Gen Kayihura, n\u2019ukuba uyu ngo yari asigaye afitanye amakimbirane n\u2019abo mu nzego z\u2019umutekano ubwabo, abatavuga rmwe n\u2019ubutegetsi ndetse n\u2019imbuga nkoranyambaga, mu kumwirukana ngo Museveni akaba asa nk\u2019uwicishije inyoni 4 ibuye rimwe.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><img decoding=\"async\" class=\"img_appear\" src=\"https:\/\/theugandan.com.ug\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/andrew-mwenda.jpg\" alt=\"R\u00e9sultat de recherche d'images pour &quot;Andre Mwenda&quot;\" \/><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Umunyamakuru\u00a0Andrew Mwenda<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mwenda agasobanura ko Museveni azaturisha ab\u2019imbere muri guverinoma bifuzaga ko Kayihura yirukanwa, icya kabiri, abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi bakaba bazatuza batekereza ko uwari ubabangamiye atagihari, ubwa gatatu akaba azaturisha abadipolomate bari bafitiye impungenge igipolisi, icya kane ngo akaba ashobora kwirukana umuntu wese atizeye bitewe n\u2019umwuka uri hagati ya kampala na Kigali.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">nimuhamwe mureke kurata inkovu z&#8217;imiringa,niba KK mutarakoranaga kuki abatava mukanwa no itangaza makuru ryanyu.Ngaho nimumuhe umwanya asimbure Rurayi Emmanuel.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>\u201cKuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo\u201d \u2013 Impamvu Andrew Mwenda atanga<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":7881,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[5,2],"tags":[],"class_list":["post-7879","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-politics","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/7879","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=7879"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/7879\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":7883,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/7879\/revisions\/7883"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/7881"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=7879"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=7879"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=7879"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}