{"id":26228,"date":"2026-06-27T08:14:24","date_gmt":"2026-06-27T08:14:24","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=26228"},"modified":"2026-06-27T08:14:24","modified_gmt":"2026-06-27T08:14:24","slug":"imanza-zitabera-zikomeje-gukora-umurimo-wazo-ibikomerezwa-byo-ku-ngoma-yabega-bari-mu-mazi-abira","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2026\/06\/27\/imanza-zitabera-zikomeje-gukora-umurimo-wazo-ibikomerezwa-byo-ku-ngoma-yabega-bari-mu-mazi-abira\/","title":{"rendered":"Imanza zitabera zikomeje gukora umurimo wazo ibikomerezwa byo ku ngoma y&#8217;abega bari mu mazi abira!!!"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\"><em>Kuki Amerika yafatiye ibihano kompanyi enye z&#8217;amabuye y&#8217;agaciro z&#8217;u Rwanda n&#8217;abazikuriye? <\/em><em>Leta y&#8217;Amerika yafatiye ibihano itsinda ry&#8217;abantu ishinja gukorana n&#8217;umutwe w&#8217;inyeshyamba wa M23 urwanya ubugetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) kubera &#8220;gukora magendu y&#8217;amabuye y&#8217;agaciro mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko riyakura mu burasirazuba bwa DRC riyajyana mu Rwanda&#8221;.<\/em><\/p>\n<p><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibiro bishinzwe kugenzura imitungo yo mu mahanga (OFAC, mu mpine y&#8217;Icyongereza) byo muri minisiteri y&#8217;imari y&#8217;Amerika bivuga ko ibyo bihano biri muri gahunda yo gushyigikira amasezerano y&#8217;amahoro Perezida w&#8217;u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa DRC F\u00e9lix Tshisekedi bashyizeho umukono ku itariki ya kane Ukuboza (12) mu 2025.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Minisitiri w&#8217;imari w&#8217;Amerika Scott Bessent\u00a0<a href=\"https:\/\/home.treasury.gov\/news\/press-releases\/sb0543\" aria-label=\"yagize ati, bivuye ahandi\">yagize ati<\/a>: &#8220;Leta Zunze Ubumwe [z&#8217;Amerika] ntizizemerera udutsiko kungukira mu bucuruzi bunyuranyije n&#8217;amategeko bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro no guteza umutekano mucye mu karere.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>&#8220;Umutungo w&#8217;amabuye y&#8217;agaciro wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ni uw&#8217;Abanye-Congo nyine. Tuyobowe na Perezida [Donald] Trump, tuzakomeza gufata ingamba ihamye ku bateza urugomo, ikoreshwa nabi [ry&#8217;iby&#8217;abandi], n&#8217;abagaba ibitero ku Banye-Congo.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;u Rwanda yabwiye BBC Gahuzamiryango mu butumwa bwo kuri telefone ko &#8220;nta cyo kubivugaho kuri ubu&#8221;. Mu gihe cyashize, leta y&#8217;u Rwanda yahakanye gusahura umutungo kamere wa DRC urimo n&#8217;amabuye y&#8217;agaciro. U Rwanda ruvuga ko rufite amabuye y&#8217;agaciro menshi arimo na zahabu.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Leta ya DRC yashimye ibyo bihano ivuga ko Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika &#8220;zimaze gutera indi ntambwe mu kurwanya ibico bigaburira intambara yo mu burasirazuba&#8221; bw&#8217;icyo gihugu. Umuvugizi wa leta ya DRC Patrick Muyaya yatangaje ku rubuga X ko ibi bihano &#8220;byibutsa u Rwanda ko byihutirwa gukura ibiganza byarwo kuri RDC&#8230;&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Abafatiwe ibihano ku wa kane ni kompanyi Gasabo Gold Refinery LTD (Gasabo Gold) itunganya zahabu, ikorera i Kigali, umuyobozi (chairman) wayo Jean Malic Kalima na Bosco Kayobotsi, ushinzwe ibikorwa byayo bya buri munsi (General Manager).<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>BBC Gahuzamiryango yagerageje kuvugana na kompanyi Gasabo Gold Refinery n&#8217;umuyobozi wayo Kalima, kugeza ubu ntibarasubiza.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika ivuga ko Kalima anagenzura ibikorwa by&#8217;izindi kompanyi zo mu Rwanda zicukura amabuye y&#8217;agaciro, ari zo Bugambira Mines LTD (Bugambira Mines), Wolfram Mining and Processing LTD (Wolfram Mining), na Rwinkwavu Mining Corporation LTD (Rwinkwavu Mining), na zo ikaba yazifatiye ibihano.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibi bihano bikurikiye ibindi\u00a0<a href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/articles\/cd6zw3n058eo\">Amerika yafatiye ingabo z&#8217;u Rwanda (RDF) n&#8217;abajenerali bane<strong>\u00a0<\/strong>b&#8217;u Rwanda muri uyu mwaka<\/a>, ibashinja kugira uruhare mu ntambara mu burasirazuba bwa DRC.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Washington ivuga ko imitungo yose n&#8217;inyungu zose z&#8217;abafatiwe ibihano ziri muri Amerika zafatiriwe, ndetse ko ari na ko bimeze ku mitungo n&#8217;inyungu byabo bifitwe n&#8217;ababa muri Amerika n&#8217;Abanyamerika.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibigo byose by&#8217;abafatiwe ibihano, byaba ibyo bafite mu buryo butaziguye cyangwa buziguye, ku kigero cya 50% cyangwa hejuru yaho, na byo Abanyamerika cyangwa ababa muri Amerika babujijwe gukorana na byo.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>DRC, Amerika n&#8217;inzobere za ONU bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 mu kuwuha imyitozo, abasirikare, amategeko, no kugenzura imikorere yawo, mu ntambara yongeye kubura mu mpera y&#8217;umwaka wa 2021, nubwo imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>U Rwanda ruhakana ibyo birego, ruvuga ko rwashyizeho &#8220;ingamba z&#8217;ubwirinzi&#8221; kubera inkeke ku mutekano warwo ruvuga ko ziterwa n&#8217;umutwe w&#8217;inyeshyamba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw&#8217;u Rwanda, ukorera mu burasirazuba bwa DRC.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu mwaka ushize, umuryango w&#8217;Ubumwe bw&#8217;Uburayi na wo wafatiye ibihano kompanyi Gasabo Gold Refinery \u2013 uvuga ko ari yo &#8220;yonyine&#8221; itunganya zahabu mu Rwanda \u2013 kubera &#8220;gutumiza zahabu mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko ivuye mu turere tugenzurwa na M23 muri DRC, bityo ikungukira mu ntambara cyangwa umutekano mucye muri DRC&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>M23 igenzura uturere twinshi two mu ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y&#8217;Epfo mu burasirazuba bwa DRC \u2013 bukungahaye ku mabuye y&#8217;agaciro \u2013 turimo n&#8217;imijyi ya Goma na Bukavu. Amerika ivuga ko M23 ikoresha uwo mutungo mu &#8220;kugura intwaro n&#8217;ibikoresho, kuriha abarwanyi, no gukorera amabi Abanye-Congo b&#8217;abasivile&#8221;. Mu gihe cyashize, M23 yahakanye ibirego nk&#8217;ibyo by&#8217;ubugizi bwa nabi.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>&#8216;Iyezandonke ry&#8217;amabuye y&#8217;agaciro&#8217;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika ivuga ko kuva M23 ifashe imijyi ya Goma na Bukavu mu ntangiriro y&#8217;umwaka wa 2025, kompanyi Gasabo Gold Refinery LTD (Gasabo Gold) yahindutse umufatanyabikorwa w&#8217;ingenzi w&#8217;abategetsi bo muri leta y&#8217;u Rwanda n&#8217;inyeshyamba za M23 ubwo baba bakura zahabu mu burasirazuba bwa DRC.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>BBC Gahuzamiryango ntiyashoboye kugenzura mu buryo bwigenga ibijyanye n&#8217;uru rugendo rwa zahabu Amerika ivuga ko iva muri DRC ijya muri iyo kompanyi.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Washington ivuga ko iyo zahabu imaze gukurwa mu bice bigenzurwa na M23 na RDF byo muri Kivu y&#8217;Epfo, abasirikare b&#8217;u Rwanda bagenzura mu buryo bukomeye iyo zahabu kugeza igeze kuri Gasabo Gold.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yongeraho ko M23 na RDF ari bo bakora kuburyo itwarwa mu mutekano ivuye mu turere tugenzurwa na M23 kugeza igeze mu karere ka Rusizi, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw&#8217;u Rwanda, hakurya y&#8217;umupaka wa Bukavu ruhana na DRC, ikagera i Kigali mu nzira yo ku butaka cyangwa mu kirere.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika ivuga ko iyo zahabu igeze kuri Gasabo Gold, M23 na RDF bahita bayiha abakozi b&#8217;iyo kompanyi, bagahita batangira kuyitunganya.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu ntangiriro y&#8217;uyu mwaka, Amerika ivuga ko ibiro (kg) nibura 60 bya zahabu, bifite agaciro ka za miliyoni z&#8217;amadolari, byakuwe mu burasirazuba bwa DRC bijyanwa kuri Gasabo Gold, muri ubu buryo Amerika yita &#8220;iyezandonke ry&#8217;amabuye y&#8217;agaciro&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>\u00a0<span style=\"color: #ff00ff;\">egretnewseditor@gmail.com\u00a0<\/span><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuki Amerika yafatiye ibihano kompanyi enye z&#8217;amabuye y&#8217;agaciro z&#8217;u Rwanda n&#8217;abazikuriye? Leta y&#8217;Amerika yafatiye ibihano itsinda ry&#8217;abantu ishinja gukorana n&#8217;umutwe w&#8217;inyeshyamba wa M23 urwanya ubugetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) kubera &#8220;gukora magendu y&#8217;amabuye y&#8217;agaciro mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko riyakura mu burasirazuba bwa DRC riyajyana mu Rwanda&#8221;.<\/p>\n","protected":false},"author":47471,"featured_media":26229,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"tdm_status":"","tdm_grid_status":"","footnotes":""},"categories":[8,2],"tags":[],"class_list":["post-26228","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","category-justice","category-top-news"],"amp_enabled":true,"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26228","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/47471"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=26228"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26228\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":26230,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26228\/revisions\/26230"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/26229"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=26228"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=26228"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=26228"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}