{"id":22814,"date":"2025-11-11T12:57:17","date_gmt":"2025-11-11T12:57:17","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=22814"},"modified":"2025-11-11T13:03:22","modified_gmt":"2025-11-11T13:03:22","slug":"bbc-igiye-kwishyura-donald-trump-miliyari-ya-madollar-kubera-gutangaza-amakuru-yibinyoma","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2025\/11\/11\/bbc-igiye-kwishyura-donald-trump-miliyari-ya-madollar-kubera-gutangaza-amakuru-yibinyoma\/","title":{"rendered":"BBC igiye kwishyura Donald Trump miliyari ya madollar kubera gutangaza amakuru yibinyoma"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\"><em>Trump yasabye BBC kuvuguruza ibyo bamuvuzeho cg se bakishyura miliyari y&#8217;amadorari. <\/em><em>Donald Trump yaburiye BBC ko azayirega, nyuma y&#8217;uko iki kinyamakuru gishyizwe mu majwi kubera uburyo ijambo ry&#8217;uyu perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryahinduwe rigatambuka mu kiganiro Panorama.<\/em><\/p>\n<p><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Itsinda ry&#8217;abanyamategeko rya Perezida Trump ryahaye BBC igihe ntarengwa kugeza ku wa 14 Ugushyingo(11) ngo ikosore ibyo icyo kiganiro cyahinduye maze babivuguruze kandi batangaze ukuri.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Bitabaye ibyo, bagahurira mu rukiko aho bifuza indishyi ya miliyari y&#8217;amadorari ya Amerika, nk&#8217;impozamarira ku mukiriya wabo.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amakuru y&#8217;imbere muri BBC yagiye hanze, avuga ko iki kiganiro cyateje urujijo mu bafatanyabikorwa, kuko cyahuje ibice bibiri by&#8217;ijambo rya Trump ryo ku wa 6 Mutarama 2021, bigatuma bisa n&#8217;aho asaba abantu kugaba igitero ku Ngoro y&#8217;Inteko Ishinga Amategeko nyuma yo gutsindwa amatora.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Umuyobozi ushinzwe amakuru muri BBC, Deborah Turness, wamaze kwegura ku nshingano ze, yavuze ko BBC &#8220;ikora kinyamwuga kandi itabogama&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Uku kwegura k&#8217;umuyobozi ushinzwe amakuru kwakurikiranye n&#8217;uk&#8217;umuyobozi mukuru wa BBC nyuma y&#8217;igitutu cyiyongereye kubera inyandiko ya Michael Prescott, wahoze ari umujyanama wigenga mu nama ishinzwe ubuziranenge bwa BBC, yasohotse mu cyumweru gishize.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Iyo nyandiko ishinja BBC ibibazo mu nkuru zayo ku ntambara ya Gaza, ubusumbane bwo kurwanya Trump no kurwanya Israel, ndetse no kubogama mu nkuru zerekeye abahindura igitsina, hamwe n&#8217;ibindi &#8220;bibazo biteye inkeke&#8221;. Yagarutse kandi ku guhindura ijambo rya Trump muri Panorama.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ku wa Mbere, Samir Shah, Perezida wa BBC, yemeye ko habaye &#8220;ikosa mu gufata umwanzuro&#8221; muri icyo kiganiro, kandi uko guhindura ijambo rya Trump byatanze ishusho y&#8217;uko &#8220;hafatwa ingamba zihutirwa&#8221; \u2013 BBC ikaba yifuza gusaba imbabazi.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Trump yandikiye BBC ibaruwa, ayibwira ko yamusaba imbabazi ikanamwishyura indishyi ikwiye.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Muri iyo baruwa abunganira Trump bavuga ko BBC yamuvuzeho &#8220;ibinyoma, ikamusebya, ikamuharabika, ikamusesereza, ikayobya n&#8217;abasomyi bayo.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yongeraho ko ibyo binyuranye n&#8217;ukuri kandi byamuteye &#8220;uburakari&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Umwunganizi wa Trump, Alejandro Brito, nawe yashinje BBC gusebanya agendeye ku amategeko ya leta ya Florida muri Amerika.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu ibaruwa Shah yandikiye Inteko Ishinga Amategeko, yavuze ko BBC yakiriye ibirego birenga 500 kuva iyo nyandiko yasohoka.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yavuze ko uburyo ijambo ryahinduwe muri Panorama bwaganiriweho n&#8217;Inama y&#8217;Ubuziranenge bwa BBC muri Mutarama(1) no muri Gicurasi(5) uyu mwaka, mu isuzuma ryagutse ku nkuru z&#8217;amatora ya Amerika.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yongeyeho ko Prescott n&#8217;abandi bari bagize inama bagaragaje impungenge icyo gihe.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Shah yavuze ko &#8220;yumvise kandi BBC News ivuga ko intego yo guhindura amashusho yari ugutanga ubutumwa bw&#8217;ijambo&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibi byari bigamije gufasha abarebye Panorama &#8220;gusobanukirwa neza uburyo ryakiriwe n&#8217;abashyigikiye Trump n&#8217;ibyari biri kuba icyo gihe&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yongeyeho ati: &#8220;Iyo dusubije amaso inyuma, byari kuba byiza gufata ingamba zikwiye icyo gihe.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu ijambo rya Trump ku wa 6 Mutarama 2021, yavuze ati: &#8220;Tugiye kugana ku Ngoro y&#8217;Inteko Ishinga Amategeko, kandi tugiye gushimira abasenateri n&#8217;abadepite bacu b&#8217;intwari.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Muri Panorama, yagaragajwe avuga ati: &#8220;Tugiye kugana ku Ngoro y&#8217;Inteko Ishinga Amategeko\u2026 kandi nzaba ndi kumwe namwe. Turarwana. Turarwana kugeza ku mwuka wa nyuma.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibice byahujwe byari bitandukanyijwe n&#8217;iminota irenga 50 mu ijambo ry&#8217;umwimerere.<\/em><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-22819\" src=\"https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/11\/Tim-300x180.jpg\" alt=\"\" width=\"610\" height=\"366\" srcset=\"https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/11\/Tim-300x180.jpg 300w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/11\/Tim-500x301.jpg 500w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/11\/Tim.jpg 640w\" sizes=\"auto, (max-width: 610px) 100vw, 610px\" \/><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Davie, umuyobozi mukuru wa BBC, yavuze ku Cyumweru, ko &#8220;impaka ziriho ubu&#8221; atari zo zonyine zatumye yegura, ariko &#8220;zabigizemo uruhare&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Deborah Turness, wari ushinzwe amakuru n&#8217;ibiganiro kuva muri 2022, yavuze ku wa Mbere mu magambo ye ya mbere kuva atangaje ko yegura, ko BBC &#8220;mu mikorere yayo itabogama.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yabwiye abanyamakuru ba BBC ati: &#8220;Amakosa yabayeho, ariko abanyamakuru ba BBC ni abakozi b&#8217;imena bashaka gukora kinyamwuga&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Umuvugizi wa Minisitiri w&#8217;Intebe Sir Keir Starmer yavuze ko Minisitiri w&#8217;Intebe atemera ko BBC &#8220;ibogama&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>No 10 yanahakanye ko BBC yabaswe na &#8216;ruswa&#8217;, ijambo Trump yakoresheje ashinja bamwe mu banyamakuru bayo.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Kemi Badenoch, umukuru w&#8217;ishyaka rya Conservatives mu Bwongereza yavuze ko &#8220;hari ibibazo bikomeye byari bimaze igihe&#8221; muri BBC kandi bikeneye gufatirwa ingamba, kandi ko ikibazo cya Panorama ari &#8220;kimwe muri ibyo bibazo bikomeye&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Naho Sir Ed Davey ukuriye ishyaka Liberal Democrats yavuze ko Trump ashaka &#8220;kurimbura BBC no gufata amafaranga yacu&#8221;, kandi ashinja Nigel Farage, umuyobozi wa Reform UK, &#8220;kubimushyigikiramo&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Farage yavuze ko yavuganye na Trump ku wa Gatanu, abwira itangazamakuru i Londres ko yamubajije ati: &#8220;Ni uku mugaragaza umufatanyabikorwa wanyu ukomeye?&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Prescott yagaragaje impungenge ku kutagira igikorwa mu gukemura ibyo yise &#8220;ibibazo byimbitse&#8221; by&#8217;ubusumbane no kubogama mu nkuru za BBC Arabic ku ntambara ya Israel na Gaza.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ikindi yashyize ahagaragara ni impungenge ku bijyanye n&#8217;uko BBC itangaza amakuru ku nkuru z&#8217;abahinduye igitsina, avuga ko &#8220;byahagaritswe&#8221; n&#8217;abanyamakuru b&#8217;inzobere mu bya LGBT bashyigikiye ingengabitekerezo y&#8217;abahinduye igitsina.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibaruwa ya Shah yagaragaje ko ibi bibazo byaganiriweho n&#8217;inama y&#8217;ubuziranenge, harimo impungenge ku bijyanye na BBC Arabic.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yavuze ko isuzuma ry&#8217;inkuru zerekeye igitsina n&#8217;indangamuntu ryagaragaje ko &#8220;nyinshi mu nkuru za BBC zujuje ubuziranenge no kutabogama&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yongeyeho ko inama &#8220;yemera ko hari igihe BBC ikora amakosa&#8221; kandi igafata ingamba zikenewe, zirimo ibihano, kuvugurura amabwiriza no gutanga ibisobanuro.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>&#8220;Prescott ashobora kuba yarabonye ko izi ngamba zidahagije.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ni igitekerezo cye, kandi afite uburenganzira bwo kugifata. Ariko si byo kuvuga ko impungenge zirengagijwe cyangwa nta cyakozwe.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Perezida wa Amerika afite amateka maremare yo gutangiza cyangwa gutera ubwoba ibitangazamakuru ndetse bimwe akanabirega kandi bigahura n&#8217;ingaruka zitandukanye.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu kwa Karindwi, BBC n&#8217;umufatanyabikorwa wayo wo muri Amerika CBS News hamwe na Paramount bemeye kwishyura miliyoni 16 z&#8217;amadolari nyuma y&#8217;uko Trump areze ko bahinduye ikiganiro yagiranye na Kamala Harris, wari Visi Perezida n&#8217;umukandida w&#8217;Abademokarate mu matora ya 2024.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>The New York Times, CNN na Des Moines Register nabo bahuye n&#8217;ibirego bya Trump.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>\u00a0 <span style=\"color: #ff00ff;\">egretnewseditor@gmail.com\u00a0<\/span><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Trump yasabye BBC kuvuguruza ibyo bamuvuzeho cg se bakishyura miliyari y&#8217;amadorari. Donald Trump yaburiye BBC ko azayirega, nyuma y&#8217;uko iki kinyamakuru gishyizwe mu majwi kubera uburyo ijambo ry&#8217;uyu perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryahinduwe rigatambuka mu kiganiro Panorama.<\/p>\n","protected":false},"author":47471,"featured_media":22816,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[198,2],"tags":[],"class_list":["post-22814","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-slider","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/22814","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/47471"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=22814"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/22814\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":22820,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/22814\/revisions\/22820"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/22816"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=22814"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=22814"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=22814"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}