{"id":20841,"date":"2025-08-13T17:18:25","date_gmt":"2025-08-13T17:18:25","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=20841"},"modified":"2025-09-05T13:19:09","modified_gmt":"2025-09-05T13:19:09","slug":"amerika-yahannye-abarimo-numutwe-wa-pareco-ff-ukorana-na-kinshasa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2025\/08\/13\/amerika-yahannye-abarimo-numutwe-wa-pareco-ff-ukorana-na-kinshasa\/","title":{"rendered":"Amerika yahannye abarimo n&#8217;umutwe wa PARECO-FF ukorana na Kinshasa"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika yafatiye ibihano umutwe witwaje intwaro wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ukorana na leta ya Congo, na koperative y&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro yo muri icyo gihugu na kompanyi ebyiri zo muri <span style=\"color: #ff0000;\">Hong Kong<\/span> ishinja kugira uruhare mu mutekano mucye muri <span style=\"color: #ff0000;\">DRC<\/span> n&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro bunyuranyije n&#8217;amategeko.<\/em><\/p>\n<p><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Minisiteri y&#8217;imari y&#8217;Amerika ivuga ko bireba umwe mu mitwe ikorana na leta ya <span style=\"color: #ff0000;\">DRC<\/span> wa <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF (<span style=\"color: #ff0000;\">Coalition des Patriotes R\u00e9sistants Congolais-Force de Frappe<\/span>),\u00a0<a href=\"https:\/\/home.treasury.gov\/news\/press-releases\/sb0221\" aria-label=\"ishinja, bivuye ahandi\">ishinja<\/a>\u00a0&#8220;gukora ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro bunyuranyije n&#8217;amategeko na gahunda zo gusoresha i Rubaya&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Uwo mutwe, ugizwe ahanini n&#8217;Abahutu bo muri DRC, wagenzuraga ibirombe byo mu karere ka Rubaya \u2013 birimo amabuye y&#8217;agaciro y&#8217;ingenzi cyane ku nganda z&#8217;ikoranabuhanga zirimo n&#8217;irya telefone zigendanwa \u2013 kuva mu 2022 kugeza mu ntangiriro y&#8217;umwaka wa 2024, nkuko Amerika ibivuga.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>John K. Hurley, Minisitiri w&#8217;imari wungirije w&#8217;Amerika, yavuze ko &#8220;amabuye y&#8217;agaciro akomoka mu ntambara arimo guhitana ubuzima bw&#8217;abasivile b&#8217;Abanye-Congo, akenyegeza ruswa, no kubuza ubucuruzi bwubahiriza amategeko gushora imari muri DRC&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ati: &#8220;Minisiteri y&#8217;imari ntizashidikanya kugira icyo ikora ku mitwe ibuza Amerika n&#8217;inshuti zacu kugera ku mabuye y&#8217;agaciro y&#8217;ingenzi cyane ku mutekano w&#8217;igihugu cyacu.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Umukuru wa PARECO-FF Sendugu Museveni yabwiye BBC News Gahuzamiryango ko Amerika yitiranyije uwo mutwe, ahakana avuga ko PARECO-FF itigeze na rimwe igera i Rubaya.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yavuze ko Amerika yibeshye mu kuvuga ko <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF yavutse kuri <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>, ko ahubwo <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span> ari yo yikuye kuri <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF ikaba ari na yo ikwiye kurebwa n&#8217;ibyo bihano.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Sendugu yagize ati: &#8220;[Amerika] Yabicuritse. Byabayeho [ubukucuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro bunyuranyije n&#8217;amategeko] ni byo ni ukuri. Amerika rero yagombye gukosora ko ari <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>\u00a0tout court\u00a0[yonyine itariho ikindi]&#8221; bireba.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Sendugu yashinje <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span> gukorana na M23. BBC News Gahuzamiryango ntiyahise ishobora kubona uruhande rwa <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Jason Stearns, Umunyamerika wigisha siyanse ya politike kuri Kaminuza ya &#8216;Simon Fraser University&#8217; muri <span style=\"color: #ff0000;\">Canada<\/span> akaba ari n&#8217;umusesenguzi kuri <span style=\"color: #ff0000;\">DRC<\/span>, yabwiye BBC News Gahuzamiryango ko &#8220;bitangajemo gacyeya&#8221; kubona Amerika yahannye <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF kandi itakigenzura ikirombe cya Rubaya.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yagize ati: &#8220;Biratangajemo gacyeya ko <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span> [-FF], umutwe witwaje intwaro utagenzura ikirombe cya Rubaya kuva mu mwaka ushize, yahanwe.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>&#8220;Nubwo bimeze bityo, ibihano byanarebaga kompanyi nyinshi z&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro zagize uruhare mu bucuruzi bwa magendu bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro ava muri Congo anyuze mu Rwanda. Rero bisa nkaho ibi biri muri gahunda yo gutuma ubucukuzi bugezweho, bushobora kuba burimo kompanyi z&#8217;Amerika, bugera i Rubaya no mu bindi birombe byo muri<span style=\"color: #ff0000;\"> DRC<\/span>&#8220;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>U Rwanda ruhakana kuba umuyoboro w&#8217;amabuye y&#8217;agaciro ava muri DRC mu buryo bwa magendu.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibyo birombe byo muri Rubaya, muri teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru, ubu bigenzurwa n&#8217;umutwe w&#8217;inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, wigaruriye ibice byinshi byo mu burasirazuba bw&#8217;igihugu, birimo n&#8217;imijyi ya Goma na Bukavu.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ku wa kabiri, ibiro bigenzura imari yo mu mahanga bya minisiteri y&#8217;imari y&#8217;Amerika (<span style=\"color: #ff0000;\">Office of Foreign Assets Control<\/span>, <span style=\"color: #ff0000;\">OFAC<\/span>) byavuze ko <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF, bivuga ko yakurikiye (yavuye kuri) <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>, ifite &#8220;amateka maremare&#8221; y&#8217;ibikorwa byo guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa DRC, ikaba yaravutse mu 2022 nk'&#8221;igisubizo ku kongera kwaduka kwa M23 ifashwa n&#8217;u Rwanda, na yo [M23] yafatiwe ibihano na OFAC&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em><span style=\"color: #ff0000;\">U Rwanda ruhakana gufasha M23<\/span>.<\/em><em>\u00a0<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Leta y&#8217;Amerika ivuga ko <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF yahanwe kubera &#8220;kugira uruhare cyangwa ubufatanyacyaha&#8230; mu buryo buziguye cyangwa butaziguye mu bikorwa cyangwa ingamba biteje inkeke ku mahoro, umutekano, cyangwa ituze rya <span style=\"color: #ff0000;\">DRC<\/span>&#8220;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Yanahannye koperative y&#8217;ubucukuzi gakondo bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro, <span style=\"color: #ff0000;\">CDMC<\/span> (<span style=\"color: #ff0000;\">Cooperative des Artisanaux Miniers du Congo<\/span>), ishinja kuba yarafashije <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF mu bikorwa byayo by&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro, gusoresha mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko, n&#8217;ibikorwa bya magendu i Rubaya.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika ivuga ko koperative <span style=\"color: #ff0000;\">CDMC<\/span> yakoreraga mu kirombe cya mbere kinini cyane cy&#8217;i Rubaya ndetse ikagurisha amabuye yavanwaga mu buryo bwa magendu mu duce twagenzurwaga na <span style=\"color: #ff0000;\">PARECO<\/span>-FF.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika ivuga ko <span style=\"color: #ff0000;\">CDMC<\/span> na yo yagurishaga ayo mabuye kuri kompanyi ebyiri zo muri <span style=\"color: #ff0000;\">Hong Kong<\/span> zishora amabuye y&#8217;agaciro mu mahanga, ari zo <span style=\"color: #ff0000;\">East Rise Corporation Limited<\/span> (<span style=\"color: #ff0000;\">East Rise<\/span>) na <span style=\"color: #ff0000;\">Star Dragon Corporation<\/span> Limited (<span style=\"color: #ff0000;\">Star Dragon<\/span>).<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika ivuga ko ibi bihano bisobanuye ko imitungo yose n&#8217;inyungu zo mu mitungo y&#8217;abafatiwe ibihano iri muri Amerika, &#8220;cyangwa ifitwe cyangwa igenzurwa n&#8217;abantu bari muri Amerika ihagaritswe ndetse igomba kumenyeshwa [ibiro] <span style=\"color: #ff0000;\">OFAC<\/span>&#8220;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amerika yongeraho ko gukorana n&#8217;abo bahanwe mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, na byo bihagaritswe ku bantu bakorana na bo &#8220;ku ijanisha rya 50 cyangwa rirenga&#8221;, &#8220;keretse bitangiwe uruhushya&#8221; n&#8217;ibiro OFAC.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Minisiteri y&#8217;imari y&#8217;Amerika ivuga ko ubucuruzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro aturuka mu ntambara bwenyegeza umutekano mucye muri <span style=\"color: #ff0000;\">DRC<\/span> &#8220;mu guha isoko y&#8217;amafaranga imitwe yitwaje intwaro no kubuza leta ya DRC kubona amafaranga&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"color: #ff00ff;\"><em>\u00a0egretnewseditor@gmail.com\u00a0<\/em><\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amerika yafatiye ibihano umutwe witwaje intwaro wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ukorana na leta ya Congo, na koperative y&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro yo muri icyo gihugu na kompanyi ebyiri zo muri Hong Kong ishinja kugira uruhare mu mutekano mucye muri DRC n&#8217;ubucukuzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro bunyuranyije n&#8217;amategeko.<\/p>\n","protected":false},"author":47471,"featured_media":0,"comment_status":"closed","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[198,2],"tags":[],"class_list":["post-20841","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-slider","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/20841","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/47471"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=20841"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/20841\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":20847,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/20841\/revisions\/20847"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=20841"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=20841"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=20841"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}