{"id":19696,"date":"2025-04-20T07:09:54","date_gmt":"2025-04-20T07:09:54","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=19696"},"modified":"2025-04-20T07:09:54","modified_gmt":"2025-04-20T07:09:54","slug":"kabila-agiye-gukurikiranwa-ashinjwa-ubugambanyi-bwo-ku-rwego-rwo-hejuru","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2025\/04\/20\/kabila-agiye-gukurikiranwa-ashinjwa-ubugambanyi-bwo-ku-rwego-rwo-hejuru\/","title":{"rendered":"Kabila agiye gukurikiranwa ashinjwa &#8216;ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru&#8217;"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\"><em>Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko igiye gukurikirana mu butabera Joseph Kabila wahoze ari Perezida, ashinjwa &#8220;ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru ku gihugu&#8221; mu ntambara Kinshasa irwana n&#8217;umutwe w&#8217;inyeshyamba wa M23. <\/em><em>Ibi bibaye nyuma y&#8217;umunsi bitangajwe ko Kabila yasubiye muri DRC anyuze mu burasirazuba mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23.<\/em><\/p>\n<p><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Minisitiri w&#8217;ubutabera wa Constant Mutamba yavuze ko yategetse umugenzuzi mukuru w&#8217;ingabo (<span style=\"color: #ff0000;\">FARDC<\/span>) n&#8217;umushinjacyaha mukuru wo mu rukiko rusesa imanza gutangiza icyo gikorwa. Ishyaka rya Kabila na ryo ryahagaritswe mu gihugu.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em><a href=\"https:\/\/x.com\/justicegouvcd\/status\/1913724906136646131?s=46&amp;t=lGuGU4KLYCRp-g6AHdYikA\" aria-label=\"Mu itangazo, bivuye ahandi\">Mu itangazo<\/a>, Minisitiri Mutamba yashinje Kabila kugira &#8220;uruhare rutaziguye mu bushotoranyi bukorwa n&#8217;u Rwanda runyuze mu mutwe w&#8217;iterabwoba wa AFC\/M23&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Nta cyo Kabila yari yatangaza ku mugaragaro ku makuru yo gusubira mu gihugu cyangwa kuri ibi ashinjwa n&#8217;ubutegetsi bwa Kinshasa.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu kiganiro kuri telefone na BBC Gahuzamiryango ku wa gatandatu, umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka yumvikanishije ko Kabila yageze i Goma, ati: &#8220;Simbona ikibazo na kimwe&#8221; cyaba gihari.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Amakuru yo gusubira muri DRC kwa Kabila yatangajwe bwa mbere na radio mpuzamahanga y&#8217;Abafaransa RFI ku wa gatanu nijoro, isubiramo amagambo y&#8217;abantu babiri bari hafi ya M23 n&#8217;ay&#8217;umuntu uri hafi ya Kabila.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>RFI, isubiramo amagambo y&#8217;abo bantu, yatangaje ko Kabila yanyuze i Kigali akabona kugera aho mu murwa mukuru w&#8217;intara ya Kivu ya Ruguru. Nta cyo leta y&#8217;u Rwanda yari yatangaza ku mugaragaro kuri ibi.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Kinshasa, ONU n&#8217;ibihugu byinshi byo mu burengerazuba bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Leta y&#8217;u Rwanda irabihakana, ikavuga ko ikibazo cy&#8217;intambara yo mu burasirazuba bwa DRC ari icy&#8217;Abanye-Congo ubwabo, biganjemo Abatutsi, baharanira uburenganzira bwabo, Kinshasa yananiwe gucyemura.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Minisitiri Mutamba yanavuze ko hasabwe ko imitungo yimukanwa n&#8217;imitungo itimukanwa ya Kabila ifatirwa ndetse ko hafashwe n&#8217;ingamba zo kugabanya ingendo z'&#8221;abakorana na we bose muri iki gikorwa cy&#8217;ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ntibisobanutse uburyo Kinshasa iteganya gukurikirana Kabila mu bucamanza mu gihe avugwa kuba mu gice cy&#8217;igihugu itagenzura.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em><a href=\"https:\/\/x.com\/vpm_mintersecac\/status\/1913701743478649023?s=46&amp;t=lGuGU4KLYCRp-g6AHdYikA\" aria-label=\"Mu rindi tangazo, bivuye ahandi\">Mu rindi tangazo<\/a>, Minisitiri w&#8217;ubutegetsi bw&#8217;igihugu wa DRC Shabani Lukoo Bihango yavuze ko ibikorwa by&#8217;ishyaka PPRD rya Kabila bihagaritswe mu gihugu hose kubera uruhare uyu mukuru waryo ashinjwa kugira mu ntambara.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Nta cyo iri shyaka ryari ryatangaza ku mugaragaro.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Kabila, w&#8217;imyaka 53, usanzwe ari umusenateri wa DRC, yategetse iki gihugu imyaka 18 kuva mu 2001, nyuma y&#8217;iyicwa rya se Laurent-D\u00e9sir\u00e9 Kabila.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ubwo watangiraga mu 2012, umutwe wa M23 warwanyaga ubutegetsi bwa Joseph Kabila.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Watangiye ugizwe ahanini n&#8217;abahoze ari abarwanyi b&#8217;uwundi mutwe wa CNDP wa Jenerali Laurent Nkunda, washinjwaga gufashwa n&#8217;u Rwanda, ibyo u Rwanda ruhakana.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Intambara hagati ya FARDC na M23 yongeye kubura kuva mu mpera y&#8217;umwaka wa 2021.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu buryo buzwi, Kabila aheruka muri DRC mu Kuboza (12) mu 2023 ubwo yahavaga mbere y&#8217;amatora. Umuvugizi we Barbara Nzimbi yatangaje kenshi ko Kabila yavuye mu gihugu ku mpamvu z&#8217;amasomo muri Kaminuza ya Johannesburg muri Afurika y&#8217;Epfo.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ibikorwa bye hanze ya DR Congo byakomeje gutera inkeke ubutegetsi bwa Perezida F\u00e9lix Tshisekedi kugeza ashinje Joseph Kabila ko ari we uri inyuma y&#8217;inyeshyamba za M23 na Corneille Nangaa, wigeze kuba umuntu wa hafi cyane ya Kabila.<\/em><\/p>\n<h2 style=\"text-align: justify;\"><em>Yari yateguje gusubira mu gihugu<\/em><\/h2>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ku itariki ya 8 Mata (4), RFI n&#8217;ikinyamakuru Jeune Afrique byari byatangaje ko Kabila agiye gusubira mu gihugu cye &#8220;bidatinze&#8221;, anyuze &#8220;mu gice cy&#8217;uburasirazuba&#8221;, bivuga ko yabyemeje mu nyandiko.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>RFI na Jeune Afrique byari byasubiyemo inyandiko ye ivuga ko agiye gutaha kuko igihugu cyifashe nabi mu rwego rw&#8217;umutekano &#8220;no mu zindi nzego zose z&#8217;ubuzima bw&#8217;igihugu&#8221;, kugira ngo afashe gushaka ibisubizo.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Kabila yaherukaga kugaruka mu itangazamakuru muri Gashyantare (2) uyu mwaka ubwo yavugaga ko igihugu cye &#8220;kiri hafi guturika kubera intambara y&#8217;imbere&#8221;, hari nyuma y&#8217;imyaka itanu &#8216;acecetse&#8217;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Muri Gashyantare uyu mwaka, Tshisekedi yavuze ko Kabila ari we muntu &#8220;nyawe uri inyuma y&#8217;ibi byose&#8221;, amushinja gufasha umutwe wa M23.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu kumusubiza, muri Werurwe (3) Kabila yabwiye abanyamakuru muri Afurika y&#8217;Epfo ati: &#8220;Iyo mba mfatanyije na M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane [n&#8217;uko bimeze uyu munsi].&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru ku wa kane, Massad Boulos, umujyanama mukuru wa Perezida w&#8217;Amerika Donald Trump kuri Afurika, yavuze ko u Rwanda rugomba gukura ingabo zarwo ku butaka bwa DRC ndetse na M23 igashyira intwaro hasi.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"color: #ff00ff;\"><em>\u00a0egretnewseditor@gmail.com\u00a0<\/em><\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko igiye gukurikirana mu butabera Joseph Kabila wahoze ari Perezida, ashinjwa &#8220;ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru ku gihugu&#8221; mu ntambara Kinshasa irwana n&#8217;umutwe w&#8217;inyeshyamba wa M23. Ibi bibaye nyuma y&#8217;umunsi bitangajwe ko Kabila yasubiye muri DRC anyuze mu burasirazuba mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23.<\/p>\n","protected":false},"author":47471,"featured_media":19698,"comment_status":"closed","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[198,2],"tags":[],"class_list":["post-19696","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-slider","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19696","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/47471"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=19696"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19696\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":19699,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19696\/revisions\/19699"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/19698"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=19696"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=19696"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=19696"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}