{"id":18097,"date":"2024-08-28T07:04:56","date_gmt":"2024-08-28T07:04:56","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=18097"},"modified":"2024-08-28T07:04:56","modified_gmt":"2024-08-28T07:04:56","slug":"imbuzi-zurugendo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2024\/08\/28\/imbuzi-zurugendo\/","title":{"rendered":"Imbuzi z\u2019urugendo"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\">\n<em>Hari ibintu byinshi abantu bashobora kuba bibaza bijyanye na gakondo yabakiranutsi haba ubutegetsi bw\u2019igitugu bw\u2019ingoma y\u2019abega cyangwa se abatavuga rumwe nayo, bikaba bya kuyobera cyane ku bantu batazi ibya politike yaba iy\u2019ikinyoma cyangwa politike y\u2019ukuli.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><br \/>\n<em>Twari Tumaze igihe kinini tutandika amakuru ahubwo tubagezaho amakuru kuri radio egret news, ariko noneho bibaye ngombwa ko twongera kwandika kuko kuvuga hari igihe bishobora gufata umwanya muremure cyane mu gihe wenda n\u2019uwo mwanya usanga ari nta wo.<\/em><em>Yaba ubutegetsi bw\u2019igitugu buriho usanga bagerageza gukora ibintu byose bagambiliye guhangana n\u2019Ubuhanuzi ndetse n\u2019imanza zitabera. Ariko bijya bigeraho muri uko gushaka guhisha kwabo ko ibivugwa n\u2019Ubuhanuzi ndetse ni manza zitabera bitagomba gusohoza umulimo wabwo.<\/em><br \/>\n<em>Ntabwo ari ingoma y\u2019abega gusa ikorera mu bwiru n\u2019ubwo byanga bagasanga Ubuhanuzi ni manza zitabera byabasohoyeho, aho bifatwa nk\u2019aho bagushije ishyano cyangwa bakozwe nisoni, ahubwo na bitwa ko batavuga rumwe ni ngoma ya Satani usanga nta cyo batandukaniyeho cyane kuko nabo hariho bimwe mu byo bakora byabujijwe n\u2019Ubuhanuzi ndetse ni manza zitabera ariko kubera gushaka gukorera mu bwiru bajya bisanga baguye muri wa mwuka w\u2019ikinyoma bavuga ko balimo kurwanya.<\/em><br \/>\n<em>Kuruhande rw\u2019ingoma ya Satani bo birumvikana ko ibyo bakora ar\u2019uburenganzira bwabo dushingiye ku kwizera kwabo n\u2019ubwami bakorera niyo mategeko bagenderaho.<\/em><br \/>\n<em>Ariko bigaragara gute iyo uvuga ko urwanya umwuka w\u2019ikinyoma, ndetse ukavuga ko ulimo wigisha abantu gukiranuka no kwubaha Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, warangiza ugafata politike ukayivanga niyobokamana kandi bitavangwa kuko ari (<span style=\"color: #ff00ff;\">entity 2<\/span>) zitandukanye yaba mu mikorere cyangwa mu mivugire bisa naho bidafitanye isano rya hafi n\u2019ubwo bifite aho bihurira (<span style=\"color: #ff00ff;\">one to many<\/span>) (<span style=\"color: #ff00ff;\">many to one<\/span>).<\/em><br \/>\n<span style=\"color: #ff00ff;\"><em>One to many \u2190\u2192<\/em><em>Many to many<\/em><\/span><br \/>\n<em>Iyo wiyemeje gukora politike, icyo gihe kuyikora politike iba (internal) naho iyobokamana mukazi ke ikaba (<span style=\"color: #ff00ff;\">external<\/span>) waba uhisemo gukorera Imana icyo gihe iyobokamana iba (<span style=\"color: #ff00ff;\">internal<\/span>) naho politike ikaba (<span style=\"color: #ff00ff;\">external<\/span>) so gushaka kubifatanya byombi kugirango ubashe kugera ku inyungu zawe (<span style=\"color: #ff00ff;\">your interests<\/span>). Byanze bikunze kimwe guhindura ikindi kuba ikinyoma.<\/em><br \/>\n<em>Ibyo byombi hari igihe byashobokaga ko byakoreshwa ndetse bikabyara umusaruro, ariko igihe cyabyo cyararangiye. Kutemera ko icyo gihe cyarangiye ushingiye kuba na bandi ari bwo buryo bakoresheje ayo mayeri, byose ubiterwa no gushaka kugera kubyo ushaka kandi ubizi neza yuko bitagikora, ugashaka kwihimbira inzira zawe, wirengagije inzira z\u2019Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, bishobora kuzagufata igihe kirekire cyane bikazarangira ari nta cyo ugezeho.<\/em><br \/>\n<em>Niba Uwiteka Imana Nyiringabo alimo guca imanza zitabera, bivuze ko gahunda zose za bantu zashyizweho iherezo. Niyompamvu isi yose muri ibi bihe iri mukaga gateye ubwoba kandi izakomeza kuba mukaga kuzageza igihe cyategetswe.<\/em><br \/>\n<em>Kwanga nkana kunyura mu nzira zategetswe n\u2019Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, bitewe ni uko ufite izindi nzira wiciriye, umunsi izo nzira zizarangira, kandi ko bishoboka, icyo gihe uzanyura mu zihe nzira? Niba abantu bagufatagaho urugero cyangwa icyitegererezo hanyuma bakabona nawe ulimo kunyura mu makoni udashaka kunyura mu nzira zategetswe na nyirubwite, kandi ntihabe hariho uwabasha ku kubaza impamvu udakora ibyo usabwa gukora, mbese urumva ibyo ulimo kurwana nabyo waba utaruhira ubusa?<\/em><br \/>\n<em>Ese iyo Uwiteka Imana Nyiringabo ategetse ko habanza gukorwa umulimo we, aho kubanza gukora ibyo yategetse, ahubwo ukabanza gukora ibyawe, wumva yakwishimira imikorere yawe?<\/em><br \/>\n<em>Ubwoko bwa Israel bwanze kuyoborwa n\u2019Uwiteka Imana Nyiringabo, babwira Umuhanuzi Samuel bati twebwe turashaka Umwami nk\u2019uko andi mahanga afite Umwami, Uwiteka abwira Samuel ati, nta bwo ari wowe banze, ahubwo nijye banze, none ubimikire Umwami bashaka ariko kandi unababwire ibyo azabakorera ko atari byiza mbere yuko ubimikira Umwami.<\/em><br \/>\n<em>Umuhanuzi Samuel aragenda ababwira ibyo Uhoraho Nyiringabo byose yamubwiye kubabwira, baramusubiza bati nta kibazo ibyo azadukorera bizatubarweho ariko tugire Umwami nka yandi mahanga yose. Kuva cyera no muri iki gihe abantu usanga bashaka gutegeka Imana uko babyifuza, no gushaka kuyihatira ngo yemere ibyo bifuza cyangwa ihamye yuko bakorana nayo kandi mu byukuri idakorana nabo. Ndetse bakanashaka kubyemeza abantu cyane hakoreshejwe ingufu zose zishoboka.<\/em><br \/>\n<em>Ese igihe ugambirira gukora gahunda runaka zikanga ntizigende nk\u2019uko ubyifuza, niki kindi uba utabona ko izo gahunda wifuza kugeraho Uwiteka atazishyigikiye? Ni kuki ukomeza guhatiriza kandi ubona zidashoboka?! Nta bwo wagushije ishyano kuko bibaho kwumva ko ukozwe nisoni cyangwa se usebye sigitangaza kuko ibyo wifuza gukora igihe cyabyo nta bwo cyari cyagera cyangwa waciye mu nzira zitarizo, kubera yuko wirengagije inzira nyayo wagombaga kunyuramo, ariko kuko utashakaga kunyura muriyo nzira bitewe ninyungu zawe niyompamvu ibyo ugerageza gukora byose bitaguhira.<\/em><br \/>\n<em>Abandi banyuze muriyo nzira icyo gihe zaragendwaga, ariko ubu zajemo amahari, nyamara ntushaka kubyemera ngo cyeretse byanze bikunze ubigezeho.<\/em><br \/>\n<em>Burya hariho ibintu bikorwa na cash, hakaba ni bindi bikorwa ni gihe cyabyo niyo udafite cash iyo igihe cyageze ntumenya aho cash ziturutse ubona imiryango ikinguka cash wifuzaga zikakugeraho bitewe ni uko igihe cyategetswe n\u2019Uhoraho nyiribihe byose cyasohoye.<\/em><br \/>\n<em>Iyo umuntu adafite ubushobozi usanga ashakisha Imana cyangwa Satani kugirango abashe kugera kubyo yifuza. Uwahawe ubushobozi na Satani usanga yubahiriza amabwiriza yose yahawe na Satani kuko aramutse atayubahirije arabizi ko ibyo yahawe byayoyoka.<\/em><br \/>\n<em>Iyo bigeze kumana ikibazo kikavuka, iyo Imana iguhaye ibyo wifuzaga nta bwo wongera kugendera mu nzira zayo, ahubwo wicira inzira zijya gusa ni nzira zayo kugirango wereke abantu ko ugikomeje kugendera mu nzira zayo nyamara kubazi neza itangira ry\u2019urugendo rwawe bahita babona ko watannye utakigendera mu nzira z\u2019Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.<\/em><br \/>\n<em>Hano kw\u2019isi abantu benshi cyane bafite ibibazo ku buryo badashobora no kuba basobanura ibyababayeho, ni abantu (63) batunze ubutunzi bw\u2019abantu miliyari (4) abandi (712) bakaba batunze ubutunzi bw\u2019abantu miliyari (4) urabona ko aba bantu batageze no ku (1000) ubwo urumva aba bantu bandi basigaye miliyari (8) baramutse bavuze ibyabo koko wowe wabona icyo wavuga?<\/em><br \/>\n<em>Ibyo mulimo kwibwira bitandukanye nibyo Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo alimo guteganya. Gusuzugura cyangwa kutita ku byo avuga cyangwa ibyo alimo gukora, nta wundi ubihomberamo utari wowe kuko ubuzima ni gatozi. Niba abakomeye balimo gutaka, aka wa mugani ngo hataka nyirubukozwemo, naho uteruranywe nake yigaramiye, ubwo noneho aboroheje bamerewe bate?<\/em><br \/>\n<em>Ese ikibazo ni gitera? Cyangwa ikibazo n\u2019impamvu yabimuteye?<\/em><br \/>\n<em>Ese uramutse umenye neza ko gahunda ulimo ari nta cyo zizageraho, aho wakomeza gukora ibyo ulimo gukora? Ariko se niki kiruta ibimenyetso biri mu mutima wawe bakubwira ko ibyo ulimo gukora binyuranye n\u2019ubushake bw\u2019Uwiteka Imana Nyiringabo!??<\/em><br \/>\n<em>Ariko ni kuki ushaka kunezeza abantu kuruta uko wanezeza Uhoraho Uwiteka Imana yawe? Nyamara dore mwaraburiwe mwanga kumva, ariko noneho ubanza igihe kirimbere muzashaka kubwirwa amagambo mwabwiwe mukanga kumvira kuko mutazongera kuyumvisha amatwi yanyu ukundi. Uwiteka ubu alimo kuvuga mukigira nk\u2019aho atavuze, ariko igihe kiraje ubwo mugiye guhura ni bihe biruhije aho mutazabona uwo mubwira mbere mwari mufite uwo mutabaza akumva akabatabara, ariko noneho ibihe biri mbere buri muntu azaba yirwanaho nta wuzabasha gutabara undi kuko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo mwamunegurije izuru nyamara yifuzaga kubagirira neza muranga ineza muyihindura ubusa kubera amatwi yanyu icyo gihe yaralimo ibinure.<\/em><br \/>\n<em>NB: ikibazo mufite Uwiteka araza kugikemura kuko bafunga umuryango w\u2019imbere mukanyura mu w\u2019inyuma. Ariko igihe yose izafungwa na madirishya mukabura aho munyura icyo gihe muzavuga muti uwaduha kumva ibyo twangaga kumvisha amatwi yacu ahari wenda byadukiza.<\/em><br \/>\n<em>Ukwiye kwigenzura niba ibyago ulimo kunyuramo atari wowe wabyiteye kubera gusuzugura ijambo ry\u2019Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Ndahamya ko atari ubwa mbere uburiwe, ariko kuko ubwirwa ibyo umutima wawe utifuza kubwirwa niyompamvu urushaho kwinangira umutima.<\/em><br \/>\n<em>Uko murushaho kwinangira imitima, niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo nawe azarushaho kwinangira umutima igihe muzaba muri mu kaga gakomeye cyane musaba ko yakiza ubugingo bwanyu. Igiteye impungenge iherezo ryanyu rishobora kuzaba ribi cyane mukarimbuka kandi bitari biteganijwe, ahubwo bizaterwa n\u2019ubwibone bwanyu aho muzavuga ngo n\u2019ubundi yari yarateguye kuturimbura! Nyamara muzaba mubeshya kuko yababuriye inshuro nyinshi mukanga kumva bitewe ni uko mwashyize inyungu zanyu imbere.<\/em><br \/>\n<em>Erega mwese nta numwe uyobowe ukuri, kuko Uwiteka Nyiringabo yagushyize ahabona. Buri gihe uraririmba, n\u2019ubwo utera igitero bakicyiriza, ntugirengo bari kumwe nawe. Imibiri yabo ikwereka ko muri kumwe, ariko imitima yabo ikaba kure yawe. Ibyo na byo ntibazabura kubizira kuko bakubereye abariganya. Mu gihe wowe waruziko ar\u2019inshuti magara. Urukundo Uwiteka yagukunze nirwo rwakwishe umutima, yakugiriye neza wibwira yuko ar\u2019umugabane wawe wagabanye, nyamara siko bimeze kuko Uwiteka yaragufiteho umugambi mwiza, ariko wowe wishinze inama z\u2019abariganya uhitamo kuriganya Uhoraho Nyiringabo Uwiteka Imana yawe, ariko igihe kizagera aho uzasanga ari wowe wiriganije.<\/em><br \/>\n<em>Yewe umurwa w\u2019Isalem uzabona ishyano kuko wishyize hejuru ngo kuko Uwiteka Imana yawe yaguhanuyeho ibyiza, ariko nta bwo byakubujije kumukoza isoni imbere yamahanga. Kuko wanze gukiranuka ngo usohoze ibyo Uwiteka Imana Nyiringabo yakuvuzeho, erega byari byiza gusa nta kibi cyalimo, ariko wowe ngo washakaga gutega urugori rwera ngo nicyo mwapfuye n\u2019Uhoraho Uwiteka Imana yawe.<\/em><br \/>\n<em>Niyompamvu iminsi yawe yashyizweho iherezo, nyamara n\u2019utaba maso ubanza kurimbuka kwawe kwaba kwegereje. N\u2019ubwo ibyo uvuga muriyi minsi bisa naho bidafitanye isano nibyo utekereza mu mutima wawe. Niki gituma utinya kugaragaza ibyo umutima wawe wemera? Ugahitamo gukora ibyabuzanijwe n\u2019Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo? Kandi ukongera ugategura kwisubiraho ngo wongere usubire muri gahunda z\u2019Uwiteka Nyiringabo? Urabona utarimo kwivangira?<\/em><br \/>\n<em>Nyamara ndabona iminsi isa naho igiye guhumuza, ubanza bagiye gukama amarindira.<\/em><br \/>\n<em>Wa murwa mukuru w\u2019Isalem, amagambo uvuga agaragara nk\u2019aho alimo gukiranuka, ariko gukora ibyo wategetswe n\u2019Uhoraho Uwiteka Imana yawe byarakunaniye. Nyamara abantu bose bari bategereje gukiranuka kwawe no gusohoza umugambi w\u2019Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.<\/em><br \/>\n<em>Ubanza ubwiza bw\u2019ubutunzi yaguhaye ari bwo bwakwishe umutima. Warukwiye kuba maso cyane kuko ibihe birihuta cyane kuko igihe cy\u2019intwarane cyarangiye, kuko intwari zilimo gutaka zinyinyiriwe. Uko ugenda urushaho kwica amategeko wahawe, niko umujinya w\u2019Uwiteka Nyiringabo urushaho kwaka muri we kugirango ukumanukire.<\/em><br \/>\n<em>Izi mbuzi nizanyuma kuko wihanganiwe cyane ugirango niko bizahora, ariko noneho ubanza urugi rugiye gukingwa ubutazongera gukingurwa. Ubushize warakomanze urakingurirwa, ntiwinjira, uhera hanze y\u2019umuryango usubirayo. Ku nshuro ya kabili ushobora kuzakomanga ntukingurirwe kubera yuko bisa naho wabigize akamenyero ngo kuko wabaye inkundwakaza.<\/em><br \/>\n<em>Ubushize waransuzuguye ngukubita akanyafu urataka uvuza induru amahanga arahurura ndakubabarira, ubonye ko uhawe agahenge urongera wigira icyigomeke ndongera ngucishaho akanyafu ko kumaboko maze ukuboko kw\u2019iburyo kuvaho usigarana ukuboko kw\u2019ibumoso. None ndabona bisa naho nabyo nta cyo bigutwaye. Erega abanzi bawe nta ho bagiye, nijye ubacisha bugufiya kugirango bataguconcomera bakakumira burundu. Ariko ubwo ukomeje kwinangira aho kwihutira kwikiranura nanjye ahubwo wibereye mugukiranirwa kwawe.<\/em><br \/>\n<em>Ubwo butunzi nijye wabuguhaye naguhaye umugisha ngambiliye ko mu gihe gisa nk\u2019iki uzampa kimwe cya kabili ngo ngikoreshe umulimo wanjye, ariko wanyimye ubutunzi bwanjye nabikije umutware wawe igihe nagiranaga isezerano nawe ntabwo waruhari. Waraje usanga yaratunganiwe n\u2019ubwo yaguhishe ibanga ry\u2019inkomoko yabwo. Uburanga bwawe bwaguteye ubwibone, nyamara nabuguhaye ngo uzankorere umulimo aho ku nkorera wahisemo kwikorera ibidafitanye isano n\u2019umulimo wanjye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"color: #ff00ff;\"><em>egretnewseditor@gmail.com\u00a0<\/em><\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Hari ibintu byinshi abantu bashobora kuba bibaza bijyanye na gakondo yabakiranutsi haba ubutegetsi bw\u2019igitugu bw\u2019ingoma y\u2019abega cyangwa se abatavuga rumwe nayo, bikaba bya kuyobera cyane ku bantu batazi ibya politike yaba iy\u2019ikinyoma cyangwa politike y\u2019ukuli.<\/p>\n","protected":false},"author":47471,"featured_media":15621,"comment_status":"closed","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[149],"tags":[],"class_list":["post-18097","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-intel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/18097","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/47471"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=18097"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/18097\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":18099,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/18097\/revisions\/18099"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/15621"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=18097"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=18097"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=18097"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}