{"id":16973,"date":"2023-12-19T13:03:50","date_gmt":"2023-12-19T13:03:50","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=16973"},"modified":"2023-12-20T11:09:17","modified_gmt":"2023-12-20T11:09:17","slug":"papa-francis-yashimangiye-ko-kiliziya-arindiri-ya-satani","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2023\/12\/19\/papa-francis-yashimangiye-ko-kiliziya-arindiri-ya-satani\/","title":{"rendered":"Papa Francis yashimangiye ko Kiliziya ar&#8217;indiri ya SATANI"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\"><em>Papa Francis yemereye abapadiri guha umugisha ababana nk&#8217;abatinganyi, iyi ikaba ari intambwe ikomeye ku batinganyi \u2013 banazwi nk&#8217;aba LGBT \u2013 bo muri Kiliziya Gatolika.<\/em><em>Uyu mukuru wa Kiliziya Gatolika yavuze ko mu bihe bimwe, abapadiri bakwiye kwemererwa guha umugisha abatinganyi n&#8217;ababana &#8220;mu buryo budasanzwe&#8221;.<\/em><\/p>\n<p><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ariko Vatican yavuze ko iyo migisha idakwiye kuba mu migenzo (imihango) isanzwe ya Kiliziya cyangwa ngo ibe ifite aho ihuriye no gushyingiranwa cyangwa ubukwe.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Vatican yongeyeho ko ikomeje gufata ko gushakana kuba hagati y&#8217;umugabo n&#8217;umugore.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Papa Francis yemeje inyandiko yasohowe na Vatican ku wa mbere itangaza iyo mpinduka. Vatican yavuze ko ikwiye kuba ikimenyetso ko &#8220;Imana iha ikaze bose&#8221;, ariko iyo nyandiko ivuga ko abapadiri bagomba gufata icyemezo hashingiwe kuri buri bantu ku giti cyabo.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Atangaza iyo nyandiko, Kardinali V\u00edctor Manuel Fern\u00e1ndez, umuyobozi nshingwabikorwa (perefe) wa Kiliziya, yavuze ko iri tangazo rishya rikomeza &#8220;gushikama ku nyigisho gakondo [fatizo] ya Kiliziya ijyanye no gushakana&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Ariko yongeyeho ko bijyanye n'&#8221;icyerekezo cy&#8217;ubushumba&#8221; cya Papa cyo &#8220;kwagura&#8221; kugera ku bantu (kwisangwamo) kwa Kiliziya Gatolika, aya mabwiriza mashya azemerera abapadiri guha umugisha ababana mu buryo bugifatwa nk&#8217;icyaha.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Iryo tangazo rivuga ko abantu bakira umugisha &#8220;ntibakwiye gusabwa ko mbere bari bafite imyifatire itunganye&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Muri Kiliziya Gatolika, umugisha ni isengesho cyangwa ukwinginga, ubusanzwe bikorwa n&#8217;uwihayimana, asaba Imana kugirira neza umuntu cyangwa abantu barimo guhabwa umugisha.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Kardinali Fern\u00e1ndez yashimangiye ko aha hantu hashya Kiliziya ihagaze hadaha ishingiro ukuntu abatinganyi babonwa mu maso ya Kiliziya Gatolika.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Iryo tangazo rigaragara ko ari ukoroshya imvugo kwa Kiliziya Gatolika, nubwo atari impinduka ku ho ihagaze. Mu 2021, Papa yavuze ko abapadiri badashobora guha umugisha ababana nk&#8217;abatinganyi kuko Imana idashobora &#8220;guha umugisha icyaha&#8221;.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mu Kwakira (10) uyu mwaka, Papa Francis yari yumvikanishije ko yiteguye gutuma Kiliziya iha umugisha abatinganyi.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><em>Mbere, abasenyeri bo mu bihugu bimwe bari baremereye abapadiri guha umugisha abatinganyi, nubwo aho abayobozi ba Kiliziya bahagaze hari hakomeje kudasobanuka.<\/em><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"color: #ff00ff;\"><em>\u00a0egretnewseditor@gmail.com\u00a0<\/em><\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Papa Francis yemereye abapadiri guha umugisha ababana nk&#8217;abatinganyi, iyi ikaba ari intambwe ikomeye ku batinganyi \u2013 banazwi nk&#8217;aba LGBT \u2013 bo muri Kiliziya Gatolika.Uyu mukuru wa Kiliziya Gatolika yavuze ko mu bihe bimwe, abapadiri bakwiye kwemererwa guha umugisha abatinganyi n&#8217;ababana &#8220;mu buryo budasanzwe&#8221;.<\/p>\n","protected":false},"author":47471,"featured_media":16975,"comment_status":"closed","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[198,2],"tags":[],"class_list":["post-16973","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-slider","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/16973","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/47471"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=16973"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/16973\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":16977,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/16973\/revisions\/16977"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/16975"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=16973"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=16973"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=16973"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}