{"id":13756,"date":"2021-09-30T17:51:56","date_gmt":"2021-09-30T17:51:56","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=13756"},"modified":"2021-09-30T17:52:45","modified_gmt":"2021-09-30T17:52:45","slug":"umugambi-wo-kumarira-abashingwa-cumu-muri-gereza-urarimbanije","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2021\/09\/30\/umugambi-wo-kumarira-abashingwa-cumu-muri-gereza-urarimbanije\/","title":{"rendered":"Umugambi wo kumarira abashingwa cumu muri gereza urarimbanije!!!"},"content":{"rendered":"<h6 style=\"text-align: justify;\">Rwanda: Idamange Yvonne Yakatiwe Imyaka 15 y&#8217;Igifungo<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Urugereko rwihariye rw\u2019urukiko rukuru mu Rwanda ruburanisha ibyaha byo ku rwego mpuzamahanga n\u2019iby\u2019iterabwoba rwahanishije madamu Yvonne Idamange Iryamugwiza gufungwa imyaka 15 n\u2019ihazabu ingana na miliyoni ebyiri z\u2019amafaranga y&#8217;u Rwanda.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Ni nyuma yo kumuhamya ibyaha bitandatu birimo ibyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Ibyaha bikomoka ku magambo yatangarije ku muyoboro wa YouTube.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Byafashe igihe kiri munsi y\u2019isaha inteko y\u2019abacamanza batatu bakuranwa mu gusoma icyemezo cy\u2019urubanza ruregwamo Madamu Yvonne Idamange Iryamugwiza ibyaha bitandatu byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Mu cyumba cy\u2019 urukiko rufite icyicaro i Nyanza mu majyepfo y\u2019u Rwanda, yaba Idamange, abamwunganira ndetse n\u2019ubushinjacyaha nta ruhande rwari ruhagarariwe. Hagaragaraga abiganjemo inzego z\u2019umutekano n\u2019itangazamakuru.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Nta cyaha na kimwe mu byaha bitandatu Idamange yabayeho umwere ari na ho urukiko rwashingiye rumuhanisha igihano cy\u2019igifungo cy\u2019imyaka 15 n\u2019ihazabu ya miliyoni ebyiri z\u2019amafaranga.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Byinshi mu byaha ubushinjacyaha bumurega bishingiye ku biganiro yacishaga ku muyoboro we wa YouTube yise \u201cIdamange\u201d mu izina rye. Mu mabazwa yakoreshejwe mu nzego z\u2019ubugenzacyaha n\u2019ubushinjacyaha, Idamange yemeye ko ibiganiro mu majwi n\u2019amashusho aregeshwa ari ibye.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Ubushinjacyaha buvuga ko Idamange nk\u2019umuntu ukuze kandi wize, azi ubwenge yavuze amagambo abizi ko bitari ukuri. Idamange mu myiregurire ye mbere y\u2019uko urubanza ruburanishwa mu mizi yagiye abwira urukiko ko ibyo yavuze biri mu burenganzira yemererwa n\u2019amategeko mu gutanga ibitekerezo.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Mu isesengura ry\u2019urukiko ruvuga ko amagambo yavuze arengera ihame ryo gutanga ibitekerezo. Ruvuga ko amagambo yavuze yateza intugunda muri rubanda kandi ko yari agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Urukiko rwavuze ko hari n\u2019amagambo Idamange yavugaga kuri YouTube adafitiwe isoko izwi, yatera ubwoba, imvururu n\u2019ihohotera muri rubanda.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Ku kuba mu byo aregwa avuga ko adashobora gupfobya jenoside ari umututsikazi wayirokotse, urukiko rwasesenguye imvugo ze ruvuga ko zigabanya uburemere n\u2019ingaruka bya jenoside nyamara jenoside ari umutwaro ku gihugu. Rwavuze ko kuba Idamange yararokotse jenoside cyangwa abe barayizize bitamubera impamvu yo kuyipfobya.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Umucamanza avuga ko Idamange yabikoze yirengagije ko bamwibwiye anabona bamwe muri bo bambaye impuzankano z\u2019akazi. Rwavuze ko yakoze icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi. Rwamuhamije kandi icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye. Ruvuga ko iki cyaha kiri mu byaha bidasaza kuko yagikoze mu mwaka wa 2018 imyaka itatu itaganywa n\u2019amategeko ku busaze bw\u2019icyaha itararangira.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Nyuma yo kumuhamya ibyaha byose uko ari bitandatu rushingiye ku ngingo z\u2019amategeko urukiko rwavuze ko Idamange yabikoze mu buryo bw\u2019impurirane mbonezabyaha n\u2019impurirane mbonezamugambi. Rwamuhanishije igifungo cy\u2019imyaka 15 muri gereza n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga angana na miliyoni ebyiri. Icyakora rwamusoneye igarama ry\u2019urubanza kuko aburana afunzwe.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Ni mu gihe ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 30 n\u2019ihazabu ya miliyoni esheshatu z\u2019amafaranga.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Uru ni urubanza rwaburanishirijwe mu muhezo yaba Idamange ndetse n\u2019abamwunganira badahari. Idamange yikuye mu rubanza ashinja inteko imuburanisha kubogama. Idamange yifuzaga ko urubanza rwe rwabera mu ruhame rubanda rukamenya ibyo aregwa kuko yemeza ko na we ibyaha aregwa yabikoreye ku karubanda.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Mu kiganiro na Me Felicien Gashema, umwe mu bamwunganira yabwiye Radiyo Ijwi ry\u2019Amerika ko batarabona kopi ikubiyeho icyemezo cy\u2019urukiko ngo babashe kumenya niba bazajuririra ibihano byahawe uwo bunganira. Avuga ko nibamara kubona kopi y\u2019incarubanza bazayishyira Idamange akazaba ari we wo kwanzura niba habaho ubujurire cyangwa butabaho.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Madamu Yvonne Idamange Iryamugwiza w\u2019imyaka 42 y\u2019amavuko yamenyekanye cyane kuva mu ntangiriro z\u2019uyu mwaka avuga amagambo akomeye ku muyoboro wa youtube anenga imigenzereze y\u2019ubutegetsi buriho. Avuga ko azira akarengane ko kuvugira rubanda rutagira kivurira. Ari mu murongo umwe n\u2019uwa Bwana Aimable Karasira Uzaramba na we uregwa ibyaha byo guha ishingiro jenoside no kuyihakana. Ibyaha bikomoka ku magambo yacishaga ku muyoboro wa YouTube.<\/h6>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Rwanda: Idamange Yvonne Yakatiwe Imyaka 15 y&#8217;Igifungo Urugereko rwihariye rw\u2019urukiko rukuru mu Rwanda ruburanisha ibyaha byo ku rwego mpuzamahanga n\u2019iby\u2019iterabwoba rwahanishije madamu Yvonne Idamange Iryamugwiza gufungwa imyaka 15 n\u2019ihazabu ingana na miliyoni ebyiri z\u2019amafaranga y&#8217;u Rwanda.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":13759,"comment_status":"closed","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[8,2],"tags":[],"class_list":["post-13756","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-justice","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/13756","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=13756"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/13756\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":13758,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/13756\/revisions\/13758"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/13759"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=13756"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=13756"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=13756"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}