{"id":12203,"date":"2020-10-22T15:31:20","date_gmt":"2020-10-22T15:31:20","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=12203"},"modified":"2020-10-22T15:36:04","modified_gmt":"2020-10-22T15:36:04","slug":"kiliziya-gatolika-yemeje-ko-bakorera-shitani","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2020\/10\/22\/kiliziya-gatolika-yemeje-ko-bakorera-shitani\/","title":{"rendered":"Kiliziya gatolika yemeje ko bakorera shitani!??"},"content":{"rendered":"<h6 id=\"content\" class=\"Headline-sc-1kh1qhu-0 StyledHeadline-sc-1ffcmag-0 ieJNzc\" style=\"text-align: justify;\" tabindex=\"-1\"><\/h6>\n<h6 class=\"Headline-sc-1kh1qhu-0 StyledHeadline-sc-1ffcmag-0 ieJNzc\" style=\"text-align: justify;\" tabindex=\"-1\">Rwanda: Uryamana n&#8217;abo bahuje ibitsina abona Papa Francis ashyira mu gaciro.<b>Ibyatangajwe na Papa Francis mu mashusho mbarankuru (documentary) yatangajwe i Roma ejo ku wa gatatu, ko yumva abaryamana bahuje ibitsina bakwiye &#8220;kwemerwa imbere y&#8217;amategeko&#8221; no &#8220;kugira umuryango&#8221; ni ingingo ubu itari kuvugwaho rumwe henshi ku isi.<\/b><\/h6>\n<p><!--more--><\/p>\n<div class=\"GridItemConstrainedMedium-sc-12lwanc-2 fVauYi\">\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\" style=\"text-align: justify;\">Umwe mu baryamana bahuje ibitsina mu Rwanda yavuze ko Papa Francis yavuze biriya kuko ari umuntu &#8220;ufite imyumvire iri hejuru kandi ushyira mu gaciro ku burenganzira bwa muntu&#8221;.<\/h6>\n<p>https:\/\/www.youtube.com\/watch?v=Cgu3CqS_Zc0<\/p>\n<\/div>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Umwe mu bayoboke ba Kiliziya Gatolika yabwiye BBC ko ibyavuzwe na Papa Francis bihabanye n&#8217;amahame shingiro ya Kiliziya, ndetse ko akemanga niba ari we koko wabivuze.<\/h6>\n<div class=\"Wrapper-e2169q-0 kopXQT\">\n<ul class=\"BulletedList-sc-13z0d8v-0 dlWcNN\" dir=\"ltr\" role=\"list\">\n<li class=\"BulletedListItem-sc-13z0d8v-1 kHsWph\" role=\"listitem\"><a class=\"InlineLink-hkwpaz-0 idscKS\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-49493457\">Umuhanzi w\u2019indirimbo z\u2019Imana mu Rwanda yemeje ko ari &#8216;umutinganyi&#8217;<\/a><\/li>\n<li class=\"BulletedListItem-sc-13z0d8v-1 kHsWph\" role=\"listitem\"><a class=\"InlineLink-hkwpaz-0 idscKS\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/imikino-49983639\">Nabonibo avuga ko &#8216;yirukanywe ku kazi&#8217; kuko ari umutinganyi<\/a><\/li>\n<li class=\"BulletedListItem-sc-13z0d8v-1 kHsWph\" role=\"listitem\"><a class=\"InlineLink-hkwpaz-0 idscKS\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/49521185\">&#8216;Igihugu kizakurengera&#8217; \u2013 Minisitiri abwira Albert Nabonibo<\/a><\/li>\n<\/ul>\n<\/div>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Albert Nabonibo, utuye i Kigali uryamana n&#8217;abo bahuje ibitsina uheruka gutungurana akabyemeza ku mugaragaro, yagize ati:<span style=\"font-size: 16px;\">&#8220;Navuga ko yadufashije mu rugendo rwo kugira ngo umuntu abeho uko abyumva&#8221;.<\/span><\/h6>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-12207\" src=\"https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2020\/10\/albert.jpg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"450\" srcset=\"https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2020\/10\/albert.jpg 800w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2020\/10\/albert-300x169.jpg 300w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2020\/10\/albert-768x432.jpg 768w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2020\/10\/albert-500x281.jpg 500w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/p>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Ibyo Papa Francis yavuze nka we ubwe muri iyo &#8216;documentaire&#8217; si amahame mashya ya Kiliziya Gatolika, nubwo hari ababona ko ari ibitekerezo bikomeye bivuzwe n&#8217;umushumba wayo ku isi.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Kiliziya Gatolika ntiyemera gushyingira abahuje ibitsina, gusa si ubwa mbere Papa Francis akomoje ku burenganzira bwabo ariko adahinduye amahame ya kiliziya kuri bo.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Nabonibo avuga ko ikibazo kiriho mu Rwanda no muri Afurika muri rusange hari &#8220;abantu benshi bafite imyumvire iri hasi mu kubaha uko umuntu ateye no guhitamo kwe&#8221;.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Ujeneza Immacul\u00e9e, umugatolika wo muri Paruwasi ya Gikondo i Kigali, avuga ko ibivugwa ko byatangajwe na Papa Francis &#8220;binyuranyije n&#8217;amahame ya kiliziya nzi kandi nemera&#8221;.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Ati: &#8220;Ibyo nasomye ndashidikanya ko ari Papa wabivuze, abo bantu koko bafite uburenganzira bwo kuba mu muryango ariko simbona ko kiliziya yacu yakwemera ko bashinga umuryango&#8221;.<\/h6>\n<h6 id=\"Isakramentu-ryo-gushyingirwa-\" class=\"SubHeading-sc-1kh1qhu-1 jHLqCp\" tabindex=\"-1\">Isakramentu ryo gushyingirwa<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\" style=\"text-align: justify;\">Mu butumwa bwanditse, Madamu Ujeneza avuga ko ibyo abona ko &#8220;bidashoboka kandi bitazashoboka na rimwe&#8221;.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Albert Nabonibo usanzwe nawe ari umugatolika wahawe amasakramentu kugeza ku gukomezwa, avuga ko Papa Francis atari &#8220;kubyuka ngo ategeke ko kiliziya yemeye kubashyingira&#8221;.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Mu kiganiro na BBC yagize ati: &#8220;Byonyine kuba yabivuzeho ubwabyo ni intambwe ikomeye kuko n&#8217;ubundi ni urugendo&#8221;.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Nabonibo yongeraho ati: &#8220;Ikibazo gihari ni uko abantu badashaka kubivugaho, urugero hano mu Rwanda no muri Africa, birengangiza ko abaryamana bahuje ibitsina bahari kandi turi benshi.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">&#8220;Ariko kubera ko sosiyete nyarwanda ikiri hasi mu myumvire nta gaciro baduha, baratugaragura, baradutuka, n&#8217;aho utuye bigasaba ngo wihishe.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">&#8220;Ariko igikabije ni ubushake bucye bw&#8217;abayobozi kuko bavuze bati &#8216;aba bantu ni Abanyarwanda nabo reka babeho uko bashaka&#8217; byahinduka, ariko nta bushake buhari.&#8221;<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Nabonibo avuga ko abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda bafite amahuriro &#8211; nubwo atemewe n&#8217;amategeko &#8211; we abereye umuhuzabikorwa, agamije &#8220;gukora ubuvugizi ku ihohoterwa bakorerwa&#8221;.<\/h6>\n<h6 class=\"Paragraph-k859h4-0 hymSIv\">Ku byo Papa Francis yatangaje Nabonibo yongeraho ati: &#8220;Kuri njye hari benshi afunguriye amarembo, hari ibizahinduka kubera ibyo yavuze.&#8221;<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\"><\/h6>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Rwanda: Uryamana n&#8217;abo bahuje ibitsina abona Papa Francis ashyira mu gaciro.Ibyatangajwe na Papa Francis mu mashusho mbarankuru (documentary) yatangajwe i Roma ejo ku wa gatatu, ko yumva abaryamana bahuje ibitsina bakwiye &#8220;kwemerwa imbere y&#8217;amategeko&#8221; no &#8220;kugira umuryango&#8221; ni ingingo ubu itari kuvugwaho rumwe henshi ku isi.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":10154,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[6,2],"tags":[],"class_list":["post-12203","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-prophecy","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/12203","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=12203"}],"version-history":[{"count":5,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/12203\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":12210,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/12203\/revisions\/12210"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/10154"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=12203"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=12203"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=12203"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}