{"id":1203,"date":"2017-06-19T14:40:58","date_gmt":"2017-06-19T14:40:58","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/new\/?p=1203"},"modified":"2017-07-14T08:02:09","modified_gmt":"2017-07-14T08:02:09","slug":"kenya-maneko-theophile-habakurama-ari-kurikoroza-i-nairobi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2017\/06\/19\/kenya-maneko-theophile-habakurama-ari-kurikoroza-i-nairobi\/","title":{"rendered":"KENYA: MANEKO THEOPHILE HABAKURAMA ARI KURIKOROZA I NAIROBI!"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\"><strong><em>IKAZE IWACU<\/em> ikunze kubagezaho amakuru yerekeye umutekano w\u2019abanyarwanda aho bari hirya no hino. Akenshi iyo ingogo itaragarama, abasomyi bakunze kuvuga ngo ibyo n\u2019ibihuha, ariko iyo runaka ashimuswe cyangwa akicwa nibwo abenshi bibuka ko byari byatangajwe, maze bakisama basandaye. Ibyiza ni ugukenga, aho kuvuga buri gihe ngo uzemera ikintu aruko kibaye, ahubwo ukavuga uti, ese biramutse bibaye nakwitwara nte!<\/strong><\/span><\/p>\n<div id=\"attachment_21356\" class=\"wp-caption aligncenter\" style=\"width: 730px; text-align: justify;\">\n<p class=\"wp-caption-text\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Maneko Th\u00e9ophile Habakurama (hagati), aha yari akiri muri Nigeria<\/span><\/p>\n<\/div>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Ibi tuvuze haruguru nibyo byabaye na n\u2019ubu bikiri kuba ku banyarwanda batuye muri Kenya cyane cyane mu mugi wa Nairobi. Mu minsi ishize abicanyi ba DMI bashimuse <strong><em>Emile Gafirita<\/em><\/strong>, abantu babona ari ibintu bisanzwe, hadaciye kabiri bashimuta Capt Ex-FAR, <strong><em>Chrysostome Ntirugiribambe<\/em><\/strong>, nanone bigenda gutyo. <span style=\"text-decoration: underline;\"><strong><em>Mu kwezi gushize nabwo abicanyi ba DMI bashimuse abandi bagabo 2 b\u2019abanyarwanda i Nairobi, tutari buvuge amazina kubera ko bene wabo badashaka ko ngo bivugwa mu binyamakuru<\/em><\/strong><\/span>: <strong><em>NYAMARA UHISHIRA UMUROZI AKAKUMARA KU BANA.<\/em><\/strong><\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Aba bicanyi ba leta ya FPR-Inkotanyi bakomeje kwivugana abanyarwanda ubu baridegembya mu mugi wa Nairobi kubera nyine <span style=\"text-decoration: underline;\">ya masezerano u Rwanda rwagiranye na Kenya mu gufatanya mu bya gipolisi no mu butasi. Iki nicyo cyanzu aba bicanyi n\u2019intore banyuramo bagakora ibyo bashaka muri Kenya.<\/span><\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Amakuru agera ku <strong><em>IKAZE IWACU<\/em><\/strong> avuga ko mu ntore zikaze cyane muri Kenya harimo umugabo ukunze kwiyita <span style=\"color: #ff6600;\"><strong><em>Theo Ruhigira<\/em><\/strong><\/span>, ariko amazina ye nyayo ni <span style=\"color: #ff6600;\"><strong><em>Th\u00e9ophile Habakurama.<\/em> <\/strong><span style=\"color: #000000;\">U<\/span><span style=\"color: #000000;\">yu mugabo yatangiye gukorera DMI kuva cyera cyane. Mbere yo kuza gukorera mu mugi wa Nairobi, ubu agiye kumaramo hafi imyaka 2, yari umukozi wa Ambasade y\u2019u Rwanda muri Nigeria, igihe yayoborwaga na Joe Habineza. Ariko mbere yo kuza i Nairobi yabanje koherezwa gukora muri ambasade y\u2019u Rwanda muri Afrika y\u2019epfo, ariko kubera ibibazo u Rwanda rwagiranye n\u2019Afrika y\u2019epfo bitewe n\u2019ubwicanyi DMI yahakoreye, irasa <strong><em>Kayumba Nyamwasa n\u2019ibindi bikorwa by\u2019ubutasi<\/em><\/strong>, Theophile yahamaze igihe gito ahita yoherezwa i Nairobi mu mpera z\u2019umwaka wa 2013.<\/span><\/span><\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Abantu bazi neza Th\u00e9ophile Habakurama babwiye <strong><em>IKAZE IWACU<\/em><\/strong> ko uyu mugabo azi amayeri menshi cyane ku buryo n\u2019abantu b\u2019inshuti ze magara harimo benshi batazi ko ari maneko wa DMI. Ngo yubatse uruhererekane runini rw\u2019abamaneko (Network), rurimo n\u2019umu <strong><em>pasteur witwa Th\u00e9og\u00e8ne<\/em><\/strong> utuye mu mugi wa Durban muri Afrika y\u2019epfo. Akorana kandi n\u2019abandi bamaneko bigize abarokore basengera mw\u2019itorero ryitwa <strong><em>\u00ab\u00a0PALANI MINISTRY\u00a0\u00bb,\u00a0<\/em><\/strong>naryo ribarizwa i Durban. Uyu mugi wa Durban arawuzi cyane kuko yigeze kuhatura muri 2005.<\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Uyu maneko kandi akorana bya hafi na murumuna wa ambasaderi <strong><em>Joe Habineza<\/em><\/strong>, witwa <span style=\"color: #ff6600;\"><strong><em>Jonas Habumuremyi<\/em><\/strong><\/span>, nawe akaba ubu atuye i Nairobi. Akenshi mu mugi wa Nairobi aba bamaneko bombi ngo bakunze kugendera mu modoka ya Benz ifite ibirahure byijimye (Fum\u00e9s), bakaba kandi bakunze kuba bari kumwe mu tubari dutandukanye, ariko cyane bakunze kunywera mu kabari kitwa <span style=\"color: #ff6600;\"><strong><em>\u00ab\u00a0TRIBEKA\u00a0\u00bb. Muri aka kabari niho bakorera za gahunda no guhuza amakuru aba yavuye muri rwa ruhererekane rw\u2019abamaneko.<\/em><\/strong><\/span><\/span><\/p>\n<div id=\"attachment_21357\" class=\"wp-caption aligncenter\" style=\"width: 734px; text-align: justify;\">\n<p><a href=\"http:\/\/ikazeiwacu.k.i.f.unblog.fr\/files\/2015\/10\/unnamed1.jpg\" rel=\"lightbox[21252]\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-21357\" src=\"http:\/\/ikazeiwacu.k.i.f.unblog.fr\/files\/2015\/10\/unnamed1.jpg\" alt=\"Maneko Th\u00e9ophile Habakurama mu kabari i Nairobi ategereje abamuzanira amakuru\" width=\"724\" height=\"579\" \/><\/a><\/p>\n<p class=\"wp-caption-text\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Maneko Th\u00e9ophile Habakurama mu kabari i Nairobi ategereje abamuzanira amakuru<\/span><\/p>\n<\/div>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Maneko Th\u00e9ophile Habakurama anakorana n\u2019abarundi, akaba ari bo bamufasha kumunekera abarundi bahunga bakajya gushaka ubuhungiro kuri UNHCR. Anakoresha nanone abanyamulenge. Bamwe muri abo banyamulenge banekera Th\u00e9ophile Habakurama batuye ahitwa <strong><em>KIDURAYI 45, KASARANI NA UMOJA<\/em><\/strong>. <strong><span style=\"text-decoration: underline;\">AHO HOSE UHAMUSANGA MURI WEEKEND ASHAKISHA AMAKURU MURI ABO BANYAMURENGE. <\/span><\/strong><\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Uyu maneko kandi akorana cyane n\u2019umusore w\u2019umushoferi witwa <span style=\"color: #ff6600;\"><strong><em>DIDIER<\/em><\/strong><\/span>\u00a0nawe aba i Nairobi. Abantu bakunze kubabona mu modoka bazenguruka cyane cyane binyunyuza ahantu abanyarwanda bakorera. Abandi bakorana nawe ni <span style=\"color: #ff6600;\"><strong><em>Albert Uwizeyimana na Kuramba, bombi bakaba batuye muri Zambiya.<\/em><\/strong><\/span><\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Uyu maneko kandi ngo azi indimi nyinshi cyane ku buryo aho ageze hose ahita avuga ururimi bumva ntihagire urabukwa. Muri ubu bunetsi bwe, ngo yigeze no kujya muri Malawi, ngo anashinga iduka ahantu hitwa <strong><em>KAWALE<\/em><\/strong>, ariko ngo nta minsi yahamaze yahise yigendera n\u2019iryo duka atanarigurishije. Yewe ngo na Zambiya yarahageze. Ubwo nyine aba agenda yubaka network ye y\u2019abamaneko, abatabizi bakibwira ko ari umucuruzi.\u00a0Ntabwo ari aho yagarukiye gusa, kuko <strong><em>IKAZE IWACU<\/em><\/strong> yamenye ko anafite abamaneko bamukorera batuye Tanzaniya, ngo iyo ashaka guhura nabo bahurira ku mupaka wa Kenya na Tanzaniya witwa <strong><em>NAMANGA.\u00a0<\/em><\/strong><\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">Murumva ko akavuyo kamaze iminsi muri Tanzaniya, gafite ishingiro. Ni abamaneko ba DMI bakari inyuma, ndetse ngo bapanze ko bazateza imvururu nyuma y\u2019amatora ya perezida n\u2019abadepite ari kuba ubu twandika iyi nkuru. Ubwo rero inzego z\u2019umutekano za Tanzaniya zibe maso.<\/span><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><span style=\"font-family: helvetica; font-size: small;\">\u00a0<\/span><\/p>\n<hr id=\"system-readmore\" class=\"mceItemReadMore\" \/>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>IKAZE IWACU ikunze kubagezaho amakuru yerekeye umutekano w\u2019abanyarwanda aho bari hirya no hino. Akenshi iyo ingogo itaragarama, abasomyi bakunze kuvuga ngo ibyo n\u2019ibihuha, ariko iyo runaka ashimuswe cyangwa akicwa nibwo abenshi bibuka ko byari byatangajwe, maze bakisama basandaye. Ibyiza ni ugukenga, aho kuvuga buri gihe ngo uzemera ikintu aruko kibaye, ahubwo ukavuga uti, ese biramutse<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":5295,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[1],"tags":[],"class_list":["post-1203","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-uncategorized"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1203","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1203"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1203\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":5296,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1203\/revisions\/5296"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/5295"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1203"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1203"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1203"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}