{"id":11308,"date":"2019-06-11T16:42:25","date_gmt":"2019-06-11T16:42:25","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=11308"},"modified":"2019-06-11T16:42:25","modified_gmt":"2019-06-11T16:42:25","slug":"lt-joel-mutabazi-warindaga-perezida-wu-rwanda-avuga-ko-arwaye-kandi-afunze-nabi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2019\/06\/11\/lt-joel-mutabazi-warindaga-perezida-wu-rwanda-avuga-ko-arwaye-kandi-afunze-nabi\/","title":{"rendered":"Lt Joel Mutabazi warindaga Perezida w\u2019u Rwanda avuga ko arwaye kandi afunze nabi"},"content":{"rendered":"<figure class=\"media-landscape has-caption full-width lead\" style=\"text-align: justify;\"><figcaption class=\"media-caption\"><span class=\"media-caption__text\"><br \/>\n<span style=\"color: #ff0000;\"><em>Joel Mutabazi mu iburanisha ryo mu 2014<\/em> <\/span><\/span><\/figcaption><\/figure>\n<p class=\"story-body__introduction\" style=\"text-align: justify;\">Liyetona Joel Mutabazi wahoze mu mutwe w&#8217;ingabo zirinda umukuru w&#8217;igihugu cy&#8217;u Rwanda uyu munsi yagarutse mu rukiko rw&#8217;ubujurire ajuririra igihano yakatiwe mu 2014 cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mutabazi yahamijwe ibyaha birimo ubugambanyi, gutoroka igisirikare, gukwiza impuha zigamije kwangisha ubutegetsi bw&#8217;u Rwanda ari mu mahanga, kugirira nabi umukuru w&#8217;igihugu.<\/p>\n<ul class=\"story-body__unordered-list\" style=\"text-align: justify;\">\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-48474015\">Urukiko &#8216;rugiye kureba&#8217; niba Col Tom Byabagamba afunze nabi koko<\/a><\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-48414371\">U Rwanda ruhakana ibirego byo kwicira abantu babiri muri Uganda <\/a><\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-48199454\">Perezida Kagame: &#8220;Abarwanya u Rwanda bakina n\u2019umuriro&#8221;<\/a><\/li>\n<\/ul>\n<p style=\"text-align: justify;\">Umunyamakuru wa BBC wari mu rukiko avuga ko Mutabazi yasabye umucamanza gutegeka ko akurwa mu kato afungiyemo akarekurwa by&#8217;agateganyo kuko afunze nabi kandi arwaye. Iburanisha ry&#8217;uyu munsi niwe ryibanzeho.<\/p>\n<h2 class=\"story-body__crosshead\" style=\"text-align: justify;\">Avuga ko afungiye mu cyumba cya 1\/1,8m<\/h2>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mutabazi wahunze u Rwanda mu 2011 ari umusirikare nk&#8217;uko biri mu byo aregwa, yafatiwe muri Uganda mu 2013 yoherezwa mu Rwanda. Mu maburanisha yabanje kuvuga ko yashimuswe.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Muri Uganda hari kuburanishwa urubanza rw&#8217;abantu barimo n&#8217;abasirikare baregwa kugira uruhare mu kumushimuta no kumwoherereza u Rwanda.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu ijwi ridasohoka neza, Mutabazi yabwiye umucamanza ko mbere yo kubuna ubujurire bwe afite inzitizi zigomba kubanza kuvanwa mu nzira.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yavuze ko arwaye cyane kuko afungiye mu kigo cya gisirikare i Kanombe mu cyumba gito cyane cya metero imwe kuri imwe na 80, kitagira idirishya kandi kitinjiza umwuka uhagije.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Kubwe ngo akwiye kuvanwa mu kato agafungirwa muri gereza ya gisirikare ku Mulindi nk&#8217;uko bigenwa n&#8217;urukiko.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yavuze ko abamuvura bamuha imiti y&#8217;uburwayi bwe igihe cyarenze kandi ngo n&#8217;iyo ageze kwa muganga ntiyemererwa kuvuga uburwayi bwe yisanzuye.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ubushinjacyaha bwavuze ko kujurira kwa Mutabazi nta shingiro gufite kuko avurirwa ku bitaro bya gisirikare i Kanombe, gusa bwemeje ko ibyo avuga ko afunze nabi butari bubizi.<\/p>\n<h2 class=\"story-body__crosshead\" style=\"text-align: justify;\">Abareganywe nawe bamwe basabye imbabazi<\/h2>\n<p style=\"text-align: justify;\">Itsinda ry&#8217;abaregwanwa nawe ririmo abandi batandatu bari barakatiwe gufugwa imyaka iri hagati ya 25 na 15 basabye ko ubujurire bwabo buseswa kuko bemera ibyo barezwe kugira ngo bagabanyirizwe ibihano.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Nk&#8217;uwitwa Innocent Kalisa wari wakatiwe imyaka 25 yavuze ko yemera ibyaha yahamijwe n&#8217;urukiko rwa gisirikare agasaba urukiko kumugabanyiriza ibihano.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Bamwe mu bagaragaye mu cyumba cy&#8217;iburanisha uyu munsi harimo abo mu muryango wa Joel Mutabazi bahanaguweho ibyaha cyangwa se bakatiwe ibihano by&#8217;igifungo gitoya bakaza kurekurwa.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu iburanishwa ryabanje, Mutabazi yakomeje kwinubira ko ubushinjacyaha bwakoresheje abo bafitanye isano kugira ngo bumuhimbire ibyaha.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Urukiko ruzafata umwanzuro ku nzitizi zatanzwe na Joel Mutabazi tariki 21 z&#8217;uku kwezi kwa gatandatu.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Joel Mutabazi mu iburanisha ryo mu 2014 Liyetona Joel Mutabazi wahoze mu mutwe w&#8217;ingabo zirinda umukuru w&#8217;igihugu cy&#8217;u Rwanda uyu munsi yagarutse mu rukiko rw&#8217;ubujurire ajuririra igihano yakatiwe mu 2014 cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":11310,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[8,2],"tags":[],"class_list":["post-11308","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-justice","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/11308","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=11308"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/11308\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":11311,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/11308\/revisions\/11311"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/11310"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=11308"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=11308"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=11308"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}