{"id":11172,"date":"2019-05-31T13:12:24","date_gmt":"2019-05-31T13:12:24","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=11172"},"modified":"2021-09-20T08:27:36","modified_gmt":"2021-09-20T08:27:36","slug":"perezida-trump-agiye-gushyiraho-imisoro-ikumira-abimukira-bava-muri-mexico","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2019\/05\/31\/perezida-trump-agiye-gushyiraho-imisoro-ikumira-abimukira-bava-muri-mexico\/","title":{"rendered":"Perezida Trump agiye gushyiraho imisoro ikumira abimukira bava muri Mexico"},"content":{"rendered":"<h6 class=\"media-landscape has-caption full-width lead\" style=\"text-align: justify;\"><span class=\"media-caption__text\"><br \/>\nPerezida Trump yavuze ko imisoro izagenda yiyongera buri kwezi kugeza igihe Mexico izakemurira ikibazo cy&#8217;abimukira <\/span><\/h6>\n<h6 class=\"story-body__introduction\" style=\"text-align: justify;\">Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika yatangaje imisoro ku bicuruzwa byose bivuye mu gihugu cya Mexico, asaba ko iki gihugu gikumira abimukira badakurikije amategeko berekeza muri Amerika.<\/h6>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/p>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Bwana Trump yavuze ko guhera ku itariki ya 10 y&#8217;ukwezi gutaha kwa gatandatu, inyongera y&#8217;umusoro ya 5% izatangira gukurikizwa ndetse ugakomeza kwiyongera gahoro gahoro &#8220;kugeza ikibazo cy&#8217;abimukira badakurikije amategeko kibonewe umuti&#8221;.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Jesus Seade, uhagarariye Mexico mu karere k&#8217;Amerika y&#8217;amajyaruguru, yavuze ko iyo misoro iteganyijwe &#8220;yagira ingaruka zikomeye&#8221;.<\/h6>\n<ul class=\"story-body__unordered-list\" style=\"text-align: justify;\">\n<li class=\"story-body__list-item\">\n<h6><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-48082774\">Papa Francis yageneye imfashanyo abimukira bari muri Mexico <\/a><\/h6>\n<\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\">\n<h6><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-47703375\">Pentagon yatanze miliyari yo kubaka urukuta ku mupaka na Mexico<\/a><\/h6>\n<\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\">\n<h6><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-47289535\">Leta zimwe zo muri Amerika zareze mu nkiko Perezida Trump<\/a><\/h6>\n<\/li>\n<\/ul>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Mu kwezi kwa kabiri, Bwana Trump yatangaje ibihe bidasanzwe ku mupaka w&#8217;Amerika na Mexico.Icyo gihe yavuze ko ari ngombwa kubera icyo yavuze ko ari akaga kari ku mupaka wo mu majyepfo y&#8217;Amerika.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Abakora ku mupaka bavuga ko bafite akazi kenshi ko gukumira abimukira. Ariko ababanenga bo bavuga ko aba bakozi bo ku mupaka bafata nabi aba bikumira.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Perezida w&#8217;Amerika amaze igihe ashinja Mexico kudakora ibihagije mu gukumira abimukira, iyi misoro ikaba ari cyo gikorwa cya vuba giheruka akoze cyo kotsa igitutu iki gihugu bihana imbibi.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Bwana Seade yavuze ko Mexico &#8220;igomba gusubizanya imbaraga&#8221; mu gihe iyo misoro &#8211; yakwa ku bicuruzwa byakorewe mu mahanga &#8211; yaba itangiye gukurikizwa.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Ariko Perezida Andres Manuel Lopez Obrador wa Mexico yasubije Perezida Trump ko adashaka &#8220;ubushyamirane&#8221;.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Mu ibaruwa yanditse ku munsi w&#8217;ejo ku wa kane, Bwana Obrador yagize ati: &#8220;Ndatanga igitekerezo cyuko turushaho kugirana ibiganiro, tukareba ibindi byakorwa ku kibazo cy&#8217;abimukira&#8221;.<\/h6>\n<h6 style=\"text-align: justify;\">Ubwo yiyamamazaga ndetse no mu bihe bitandukanye kuri ubu ari ku butegetsi, Bwana Trump yasezeranyije ndetse ashaka amafaranga yo kubaka urukuta ku mupaka na Mexico.<\/h6>\n<p style=\"text-align: justify;\">\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Trump yavuze ko imisoro izagenda yiyongera buri kwezi kugeza igihe Mexico izakemurira ikibazo cy&#8217;abimukira Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika yatangaje imisoro ku bicuruzwa byose bivuye mu gihugu cya Mexico, asaba ko iki gihugu gikumira abimukira badakurikije amategeko berekeza muri Amerika.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":11174,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[7,2],"tags":[],"class_list":["post-11172","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-economy","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/11172","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=11172"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/11172\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":13649,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/11172\/revisions\/13649"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/11174"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=11172"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=11172"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=11172"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}