FPR yohereza imbaraga z’umwijima kubatavuga rumwe nayo.

Ku munsi wa 21st kanama 2014 umwaka wa 21st w’ubutegetsi bw’umwakagara Paul Kagame ari ku ngoma,njyanwa mu iyerekwa mbona leta y’urwanda itumiza mu gihugu cya Egpty-Misiri imbaraga z’umwijima zikomeye zakoreshwaga ku gihe cy’Umwami Frao,izo mbaraga bamaze kuzibona bahise bazikwiragiza mubatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikigali uhereye kuhanuzi mukuru ukagera no kubandi bahanuzi.


Mbona bohereje imyuka yogucamo abantu ibice ntabavuge rumwe,bohereza imyuka yogukenesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi,cyane ariko bohereza imbaraga z’ibisazi kumuhanuzi mukuru hamwe n’umuhanuzi,bohereza imyuka yogukoza isoni abatavuga rumwe nabo.

Ubwo nalimvuye kumulimo w’Uwiteka mfata akanya gahagije ndasenga,Uwiteka Imana atagaguza izo mbaraga,ndetse azima ubushobozi bwo kugira icyo zatwara abakozi be.

Ku munsi wa 23rd kanama 2014,ku mwaka wa 21st w’ubutegetsi bw’umwakagara Paul Kagame,njyanwa mu iyerekwa mbona ndi munsi y’urutoki har’umwuka w’inzigo uetegereje kugirango wihimure kubo utavuga rumwe nawo.

Mu gihe iyo nzigo yar’itegetereje mbona inyuze murutoki iciye igitoki cyari gikomeye cyateganyirijwe abakiranutsi,maze aho kugirango kigwe hasi iyo nzigo igitware,mbona cyirahirimye kimanuka munsi y’urwo rutoki gisenya ingo zose zaraho zari zitegereje kugihinduramo ifunguro rya ninjoro.

(b) Nerekwa inzego z’ubutasi z’urwanda zongera guterana maze zifata icyemezo cyo kwangaja abakozi bo gukora umulimo wamagigiri,mbona bahaye banyampinga benshi uwo mulimo,nta muntu bashyizemo uteri yararangije kaminuza,ariko kandi mukubashyira muri uwo mulimo nta kizamini babakoresheje kuko bose bari baraturutse Ibugande.

Mbona babiri babiri bahawe ubwato burebure cyane bwari mu Nyanja yari munsi yabo yari nini cyane,mbona ayo mato yarifite za antenne ndende nerekwa ko,amato agera kuri (3);atsutse agiye mu mahanga ya kure,mbona ubundi bwato bumwe bwoherejwe kujya kugigira mu gihugu cy’Uburundi.

Ariko mu gace k’ibirasira-zuba hari haturutse inkubiri y’umuyaga,ukomeye cyane uwo muyaga wari woherejwe n’Uwiteka Imana kugirango uze gusenya imbaraga za yamato yaragiye guhiga abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kigali.Aba banyakubahwa ntabwo bigeze bamenya yuko hari umuyaga woherejwe n’Uwiteka ngo ubarimburire muri ya Nyanja ahubwo barikomereje urugendo kugeza igihe umuhengeri wabaguye gitumo ndetse ukabubikira nibyabo byose bari bafite muri bwa bwato.

Maze nerekwa umuhanuzi mukuru nawe yararaho iruhande rwiyo Nyanja,mbona yarahagaze hahindutse inyanja itewe na yankubiri yayanyanja,maze mbona aho ahagaze hameze ubwato ako kanya buramutabara akurwa aho yrahagaze,mze jye warebaga ibyo ngira ubwoba bwinshi nibwira yuko noneho n’umuhanuzi mukuru ko bimurangiranye aciriweho iteka.

Mbona wa muyaga utegetswe kuruka umuhanuzi mukuru ku nkombe za ya Nyanja maze mbona arutswe hafi y’ingo zari zituye kuri iyo nyanaja mbona ahawe imfunguzo mu ntoke ze,arangije afata akayira kamanuka hagati muri ayo mazu kugirango ashakishe inzira imukura aho iruhande rw’inyanja.

Mu gihe ibyo byabaga,abakuru b’ingoma y’umwakagara,balimo gukora umuhango woguterekera kugirango igikorwa cyabo kibashe guhabwa umugisha nabadaimoni ariko ntabwo bigeze bamenya yuko ibyabo byabaye agaterera nzamba.

©ku munsi wa 23rd kanama 2014,kumwaka wa 21st w’ubutegetsi bw’umwakagara nerekwa mbona umuhanuzi mukuru ahabwa ikizamini cyo kwinjira mu masezerano,ahabwa kuwurira igiti kinini cy’ingaza marumbo cyo mu bwoko bw’umunyinya,ageze mugihorihori cyacyo atangirwa n’ishami rimwe rimubuza gukomeza.Nerekwa abagabo (3);bari bari muri icyo giti bamutegereje maze umuhanuzi mukuru ahamagara abagabo(2);ngo baze bamufashe,ariko haza umugabo umwe amufata ukuboko amugeza mu gihorihori cy’icyo giti maze baramwishimira baramubwira bati noneho ruhuka maze utangire usomye igitabo cy’abahanuzi”Bibiliya”.

Mwibuke ko kimwe mubimenyetso by’ubuhanuzi ku Rwanda byanyuma ni uko umuhanuzi mukuru yinjira mu masezerano none karabaye mbese haba hasigaye iki ngo Uwiteka abashe gushoza ibyo yavuze no guhorera abakiranutsi?.

Skip to toolbar