Abanyarwanda bagiye kwinjira mu ishuli.

Kuwa 11th Kanama 2014,nerekwa abanyarwanda bongera gusubizwa mu ishuri nabonaga bose batanguranwa kujya kwinjira mur’iryo shuli«Ibigeragezo by’Igihe kirekire»nerekwa iryo shuli riherereye haruguru y’ubutayu bugufiya,nerekeza amaso ku nkengero z’ubutayu,mbona umuhanuzi mukuru alimo kuva mu butayu bugufiya yerekeza muri gakondo.


Mbona azamutse ahahoze igiti cy’umuvumu,ariko cyari kitakiriho,cyari cyaraguye icyo nicyo cyari imbaraga za republika y’uRwanda iriho kuburyo btemewe namategeko.Kimaze kugwa imitsindo yabo yasigaye itagifite imbaraga zo kugukomeza gushimangira ikinyoma cy’ubutegegtsi.

N’uko ntangazwa n’uburyo abanyarwanda bishimiye cyane kujya kwinjizwa mu ishuri bagiye gutangira kwiga umwaka wa mbere wa mashuli abanza tekereza igihe bazagerera mu mwaka wa 9 amashuli yo mu Rwanda.

Kuwa 12th Kanama 14,ubwo nari kumulimo w’Uwiteka mu gihugu cy’Ibabuloni,maze ijambo ry’Uwiteka linzaho rirambwira liti,mwana w’umuntu,ngwino nkwereke bimwe  mu bintu birimo kuba ku bwoko bwanjye!.Ndagenda aransohokana ajyana mugikombe cy’ubutayu bugufiya ariko ubwo butayu bwar’ubwa mbere mbweekwa!hagati yubwo butayu harimo ikidendezi cy’amazi mabi,mbona mur’ubwo butayu hateraniye ifarasi nyinshi,maze malaika arambwira ati fata ifarasi imwe uyurire ndabikora ndayurira mbona injyanye hagati mubutayu aho neretswe iriba ry’amazi meza.

Mbona abantu baje kumafarasi muri ubwo butayu,batangira kuvoma amazi mabi,ngerageza kubereka iriba ry’amazi meza ariko banga kujya kuvoma kuri iryo riba ngo kubera ko,hari kureho gato,kandi ari hagati mubutayu,mbona abantu bikomereje kuvoma amazi mabi nyamara atar’uko babuze amazi meza ahubwo ar’uko badashaka kujya kuvoma amaza.

Cyakora habonkamo bacyeya bmera kuvoma amazi meza kandi bagenda namaguru nyamara abagenderaga ku ifarasi ntabwo bigeze bemera kuvoma ayo mazi maza,abantu ntibashaka kuyoborwa n’Imana barashaka kwiyobora bagakora ibyo bishakiye,Imana irabereka inzira nziza bati ashwiiiii!!!!!!!!!!,Imana irababwira ubwami bati repubulika,yababwira kagame bati ntitumushaka,hanyuma se,barashaka nde?.

Kuwa 13th Kanama 2014,nerekwa Inagabo z’Urwanda zateranye mukibuga cya camp kigali ,mbona igabo zibaye nyinshi kuburyo zananiwe gukwirwa kuri icyo kibuga,maze numva babwira ingabo ko,bagiye kongerwa ibihembo ngo kuko bagiye kurwana intambara ikomeye kurusha izindi zose  barwanye ngo kubwibyo umukuru w’ingabo yabonye ko,aribyiza kobongera ibihembo kugirango barusheho gukunda igihugu no kukirwanirira.Ariko ubwinshi bwabo buzamera nk’ubw’uburo butagira umusururu.

Skip to toolbar